Imibare y’abamaze kwicwa n’icyorezo cya Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yageze mu 1405, mu gihe abemejwe ko bamaze kuyirwara bageze mu 3 200.
Iyi mibare iteye inkeke yatangajwe kuri iki Cyumweru tariki 26 Nyakanga 2026, yatumye inzobere muri bya siyansi bakomeza gukora ibishoboka byose mu gushaka inkingo z’iki cyorezo cy’ubwoko budasanzwe bwiswe Bundibugyo.
Kugeza ubu hemejwe umubare w’abamaze kwandura ugera mu 3 200, mu gihe abamaze gupfa ari 1 405, bivuze ko igipimo cy’abahitanywe n’iki cyorezo, ari 43.9%.
Iki cyorezi cyatangajwe bwa mbere mu mpera z’ukwezi kwa Mata uyu mwaka, kimaze kugera mu Ntara eshanu, aho iyibasiwe cyane ari iya Ituri, ibarirwamo 90% y’abamaze kicyandura.
Mu minsi ishize, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryatangaje ko ubushibozi buhari bwo guhangana na Ebola muri DRC buri munsi ya kimwe cya kabiri cy’ubukenewe mu guhangana.
Iri Shami ryavuze kandi ko imibare nyakuri y’abarwayi b’iki cyorezo ishobora kuba ikubye kabiri itangazwa, ikazashobora no kwikuba birenze inshuro enye kubera kubura ubushobozi bwo guhangana n’iki cyorezo.
RADIOTV10