Wednesday, March 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

radiotv10by radiotv10
25/03/2026
in MU RWANDA
0
Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Kaminuza ya IPRC-Tumba mu Karere ka Rulindo, buravuga ko bwababajwe n’urupfu rutunguranye rw’umunyeshuri wigaga mu mwaka wa mbere, aho bivugwa ko uyu musore yasanzwe yasanzwe yapfuye we n’umukobwa wari waje kumusura.

Ubutumwa bwatanzwe n’ubuyobozi bwa IPRC-Tumba College bugira buti “Tubabajwe n’urupfu rutunguranye rw’umunyeshuri wacu IRAKOZE Angelo.”

Bugakomeza bugira buti “Umuryango Mugari wa RP-Tumba College wifatanyije n’umuryango we muri ibi bihe bikomeye by’akababaro.”

Ubuyobozi bw’iyi kaminuza bukomeza bugira buti “Umurambo wa IRAKOZE Angelo wabonetse hamwe n’uw’undi muntu. Inzego zibishinzwe zatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye uru rupfu. Ba nyakwigendera baruhukire mu mahoro.”

Amakuru avuga ko uyu musore w’imyaka 20 y’amavuko, yasanzwe yapfuye hamwe n’umukobwa witwa Ingabiire Samantha w’imyaka 19, mu nzu imwe, aho amakuru avuga ko uyu mukobwa yari yaje kumusura.

Umuhungu yagaragaye mu amanitse mu mugozi w’inzitiramibu yapfuye, mu gihe umukobwa we yari aryamye hasi na we yitabye Imana.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu  rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B Thierry yemeje amakuru y’urupfu rw’uyu musore n’umukobwa Irakoze Angelo, na Ingabire Samantha.

Urwego rw’Ubugenzacyaha kandi ruvuga ko rwatangiye gukora iperereza ku cyaba kihishe inyuma y’urupfu rw’aba bombi.

Amakuru avuga ko aba bashobora kuba baritabye Imana ku wa Mbere tariki 23 Werurwe 2026, ariko urupfu rwabo rukavugwa cyane kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Werurwe.

Amakuru kandi avuga ko umusore ari we Irakoze Angelo yaba yarishe Ingabire Samanta, na we agahita yiyahura yimanitse mu mugozi.

Urupfu rw’aba bombi rukomeje kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga, gusa RIB igasaba abantu kwirinda gukwirakwiza amakuru y’ibihuha, bakareka inzego zibishinzwe zigakora iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

Related Posts

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

by radiotv10
25/03/2026
0

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America yatanze umucyo ku kibazo cyabaye kuri hoteli icumbitsemo Madamu wa Tshisekedi...

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
25/03/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu byiciro bitatu bikurikirana ku rutonde rw’uko Uturere twesheje...

Rwanda Clarified on the incident that occurred at the hotel in Washington where Tshisekedi’s wife is staying

Rwanda Clarified on the incident that occurred at the hotel in Washington where Tshisekedi’s wife is staying

by radiotv10
25/03/2026
0

The Embassy of Rwanda in the United States has clarified an incident that occurred at a hotel hosting the wife...

Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda riyobowe na Maj.Gen.Karusisi riri muri Tanzania mu biganiro n’iry’igisirikare cya Tanzania

Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda riyobowe na Maj.Gen.Karusisi riri muri Tanzania mu biganiro n’iry’igisirikare cya Tanzania

by radiotv10
25/03/2026
0

Abayobozi b’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bayobowe n’Umuyobozi wa Diviziyo ya 5 y’Ingabo zirwanira ku butaka, Major General Ruki Karusisi; batangiye...

Babiri barimo umugore bakekwaho kwica abo bashakanye babyemereye mu ruhame banabitangaho ibisobanuro

Babiri barimo umugore bakekwaho kwica abo bashakanye babyemereye mu ruhame banabitangaho ibisobanuro

by radiotv10
25/03/2026
0

Mu manza ebyiri zaburanishijwemo abantu batatu barimo umugabo n’umugore bakekwaho kwica abo bashakanye, umwe akaba yaranamwicanye n’umwana wabo, babyemereye imbere...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura
MU RWANDA

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

by radiotv10
25/03/2026
0

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

25/03/2026
Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

25/03/2026
Rwanda Clarified on the incident that occurred at the hotel in Washington where Tshisekedi’s wife is staying

Rwanda Clarified on the incident that occurred at the hotel in Washington where Tshisekedi’s wife is staying

25/03/2026
Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda riyobowe na Maj.Gen.Karusisi riri muri Tanzania mu biganiro n’iry’igisirikare cya Tanzania

Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda riyobowe na Maj.Gen.Karusisi riri muri Tanzania mu biganiro n’iry’igisirikare cya Tanzania

25/03/2026
Babiri barimo umugore bakekwaho kwica abo bashakanye babyemereye mu ruhame banabitangaho ibisobanuro

Babiri barimo umugore bakekwaho kwica abo bashakanye babyemereye mu ruhame banabitangaho ibisobanuro

25/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.