Monday, September 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikirarao gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba

radiotv10by radiotv10
08/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikirarao gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Karere ka Rusizi, yafashe icyemezo cyo gusana ikiraro gihuza aka Karere n’aka Nyamasheke, cyari kimaze imyaka ibiri cyarangijwe n’Umugezi wa Ntontwe, gusa agasaba Ubuyobozi gushyiraho akabwo kuko yakoze ibyoroheje ku buryo kidasanwe mu buryo burambye, cyakongera kikangirika.

Iki kiraro cyari kimaze imyaka ibiri cyarangijwe n’umugezi wa Ntontwe washegeshe igice cy’umuhanda ukenda gucikamo kabiri kugeza aho moto n’abanyamaguru ari bo gusa babashaga gutambuka.

Habimana Ephrem usanzwe ari umucuruzi mu isantere ya Nyakabuye muri Rusizi, avuga ko nyuma yuko imvura idasanzwe yaguye muri Kanama yari igiye kugitwara burundu ku buryo na moto zari zitangiye kujya zinyuraho zigengesereye, yahise afata umwanzuro wo gushyiraho umusanzuwe we kugira ngo  urujya n’uruza rudahagarara.

Agira ati “Njyewe impamvu nabikoze ni uko nabonaga bibangamye pe. Nafashe umwanzuro mbona ikiraro uruzi rwaragisenye nshaka abakozi baragikora. Ubu  imodoka ziri gutambuka nta kibazo.”

Abaturage bakoresha iyi nzira bishimira ko yongeye kuba nyabagendwa bagashimira mugenzi wabo watundishije amabuye akongera guhanga umuhanda bundi bushya bigatuma imodoka zongera gutambuka.

Nduwamariya Alphonsine ati “Hari ahantu imodoka itashoboraga kunyura, ndeste na moto ari moto yacagaho umuntu afite impungenge ko yagwa mu mazi. Aho rero uwo muvandimwe ahakoreye ni bwo imodoka zongeye gutambuka.”

Aba baturage ndetse na mugenzi wabo bashimira umusanzu yatanze mu gusana iki kiraro basaba Leta kucyubaka mu buryo burambye kuko ibyo yakoze kwari ugufasha by’igihe gito, bagasanga imvura y’umuhindo itazasiga iki kiraro amahoro.

Bimenyimana Fiacre ati “Ibi ni ubwifashisho kuko turi mu mpeshyi, Ubwo ni ukuvuga ngo imvura nigwa mu kwa cumi n’abiri ibi byose bizagenda.”

Habimana na we ati “Ni ibyo kwifashisha igihe gito kuko uruzi rwuzuye rwakongera rukabitwara. Turacyasaba ubuyobozi ko bwatwubakira ikiraro mu buryo burambye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Phanuel Sindayiheba ashimira uyu muturage ku gikorwa cy’ubwitange yakoze, akagaragaza ko iki kibazo Akarere kagishyize mu byihutirwa kandi ko inzira zo kugikemura zatangiye.

Agira ati “Ni urugero rwiza rw’ubwitange n’ubufatanye bw’abaturage mu gufasha no kwishakamo ibisubizo. Turamenyesha abaturage ko akarere ka Rusizi kafashe iki kibazo nk’icyihutirwa, kandi hari igenzura rimaze gukorwa rigamije igisubizo kirambye. Ku butatanye na RTDA inyigo yamaze gukorwa mu buryo bw’ubutabazi mbere y’igihe cy’imvura giteganyijwe mu Kuboza. Hazakorwa imirimo y’ibanze mu buryo bwihuse ituma urujya n’uruza rw’abantu rukomeza. Ibi bizafasha ko hategurwa uburyo burambye bwo kubaka iki kiraro.”

Imirimo yo gutundisha amabuye n’igitaka byakoreshwe mu kongera gukora igice cy’umuhanda gifashe iki kiraro, Habimana avuga ko byamutwaye amafaranga ari hagati y’ibihumbi 500 na miliyoni 1 Frw, abaturage bakamushimira ko nibura bigiye gutuma iyi nzira imara kabiri.

Urujya n’uruza rw’ibinyabiziga rwongeye
Abanyamaguru na bo barambuka

Na moto ziragenda ntacyo zikanga

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − fifteen =

Previous Post

Huye: Itsinda ry’abakobwa ryaniyise izina rirahangayikishije kubera ibyo rikora bidakwiye abari b’u Rwanda

Next Post

Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana

Related Posts

Minisitiri Nduhungirehe yakiriye Abambasaderi bashya b’u Bufaransa na Misiri basimbuye abarangije inshingano

Minisitiri Nduhungirehe yakiriye Abambasaderi bashya b’u Bufaransa na Misiri basimbuye abarangije inshingano

by radiotv10
08/09/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe; yakiriye impapuro z’Abahagarariye Ibihugu by’u Bufaransa na Misiri mu Rwanda, bashya baje gusimbura...

Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi

Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi

by radiotv10
08/09/2025
0

Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, yatangije ku mugaragaro umwaka w’amashuri wa 2025-2026, yifatanya n’abanyeshuri bo mu Ishuri rimwe mu Mujyi wa...

Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana

Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana

by radiotv10
08/09/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwerekanya abantu 26 biganjemo abakiri mu cyiciro cy’urubyiriko bakurikiranyweho ibyaha bw’ubwambuzi bushukana, bari mu itsinda ryiyise...

Huye: Itsinda ry’abakobwa ryaniyise izina rirahangayikishije kubera ibyo rikora bidakwiye abari b’u Rwanda

Huye: Itsinda ry’abakobwa ryaniyise izina rirahangayikishije kubera ibyo rikora bidakwiye abari b’u Rwanda

by radiotv10
08/09/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, baravuga ko barembejwe n’itsinda ry’abakobwa ryiyise ‘Abamotari’...

Ibyo dukwiye kumenya ku mirongo inyuranamo y’umuhondo mu muhanda imaze gushyirwa ahantu habiri

Ibyo dukwiye kumenya ku mirongo inyuranamo y’umuhondo mu muhanda imaze gushyirwa ahantu habiri

by radiotv10
08/09/2025
0

Mu masangano y’imihanda yo ku Gishushu mu Karere ka Gasabo, na ho ubu haragaragara imirongo y’umuhondo ije yiyongera ku yindi...

IZIHERUKA

Minisitiri Nduhungirehe yakiriye Abambasaderi bashya b’u Bufaransa na Misiri basimbuye abarangije inshingano
MU RWANDA

Minisitiri Nduhungirehe yakiriye Abambasaderi bashya b’u Bufaransa na Misiri basimbuye abarangije inshingano

by radiotv10
08/09/2025
0

Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi

Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi

08/09/2025
Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana

Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana

08/09/2025
Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikirarao gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba

Iburengerazuba: Umuturage yasannye ikirarao gihuza uturere tubiri urujya n’uruza rwongera gusagamba

08/09/2025
Huye: Itsinda ry’abakobwa ryaniyise izina rirahangayikishije kubera ibyo rikora bidakwiye abari b’u Rwanda

Huye: Itsinda ry’abakobwa ryaniyise izina rirahangayikishije kubera ibyo rikora bidakwiye abari b’u Rwanda

08/09/2025
Ibyo dukwiye kumenya ku mirongo inyuranamo y’umuhondo mu muhanda imaze gushyirwa ahantu habiri

Ibyo dukwiye kumenya ku mirongo inyuranamo y’umuhondo mu muhanda imaze gushyirwa ahantu habiri

08/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana

Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri Nduhungirehe yakiriye Abambasaderi bashya b’u Bufaransa na Misiri basimbuye abarangije inshingano

Minisitiri yateye molare abanyeshuri batangiye amasomo anaha umukoro ababyeyi

Amakuru mashya: Herekanywe abakekwaho kuzengereza abantu kuri Telefone bariye amafaranga y’abarimo abakozi b’Imana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.