Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo dukwiye kumenya ku mirongo inyuranamo y’umuhondo mu muhanda imaze gushyirwa ahantu habiri

radiotv10by radiotv10
08/09/2025
in MU RWANDA
0
Ibyo dukwiye kumenya ku mirongo inyuranamo y’umuhondo mu muhanda imaze gushyirwa ahantu habiri
Share on FacebookShare on Twitter

Mu masangano y’imihanda yo ku Gishushu mu Karere ka Gasabo, na ho ubu haragaragara imirongo y’umuhondo ije yiyongera ku yindi imaze igihe Rwandex. Ni imirongo ivuga ko nta kinyabiziga cyemerewe kuhatinda igihe cyayigezemo.

Iyi mirongo y’ibara ry’umuhondo yasizwe mu masangano yo ku Gishushu, yamuritswe ku wa Gatandatu tariki 06 Nzeri 2025, ahanatangijwe ubukangurambaga bw’umutekano wo mu muhanda.

Ubu bukangurambaga bugamije gusobanurira abakoresha umuhanda kubahiriza imirongo y’umuhondo inyuranamo izwi nka ‘Yellow Box’, bwateguwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda, Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi (RTDA).

Uretse kuba ubu bukangurambaga bugamije gusobanurira abantu iby’iyi mirongo, bunagamije kubamenyesha ikoranabuhanga ryifashishwa mu kugenzura iyubahirizwa ry’amategeko agenga umuhanda.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, avuga ko iyi “mirongo y’ibara ry’umuhondo ishushanywa mu masangano y’imihanda isobanura ko nta kinyabiziga cyemerewe kuhahagarara igihe icyo ari cyo cyose nk’uko itegeko rigenga imikoreshereze y’umuhanda ribiteganya.”

Ibi kandi biteganywa n’Iteka rya Perezida no 85/01 ryo ku wa 02/09/2002 rishyiraho amabwiriza rusange agenga imihanda n’uburyo bwo kuyigendamo, byumwihariko mu ngingo yaryo ya 16, ivuga ko “umuyobozi wese ugeze mu masangano; aho ibinyabiziga biyoborwa n’ibimenyetso by’umuriro agomba kuva muri iryo sangano adategereje ko kugenda mu cyerekezo aganamo byemerwa, ariko akabikora ku buryo atabera inkomyi ibindi binyabiziga bigana mu cyerekezo cyemerewe kugendwamo.”

ACP Rutikanga, avuga ko iriya mirongo yashyizweho mu rwego rwo kwibutsa abantu ibiteganywa n’iri Teka rya Perezida.

Ati “Ni ikimenyetso cyongera kwibutsa abatwaye ibinyabiziga bose, ko igihe cyose bagomba kurindira, bakanyuramo bakomeza ari uko babonye hakurya ibindi binyabiziga byatangiye kugenda.”

Iyi mirongo kandi ifasha mu kwirinda ko haba akajagari katerwa n’ibinyabiziga byahurira mu masangano nk’ariya.

ACP Rutikanga ati “Icyo imaze ni ukugira ngo igihe cyose ibinyabiziga birindiriye gutambuka iyo amatara abuza gutambuka yaka cyangwa hari impamvu zatumye bihagarara, mu masangano hagume nta kinyabiziga kirimo kandi iyo ibinyabiziga byo mu ruhande rujya mu cyerekezo kimwe byahagaze bituma ibindi binyabiziga bikomeza nta nkomyi, bikabuza abaza guhagararamo hagati ngo bafunge ibinyabiziga biva mu byerekezo byombi.”

ACP Rutikanga, kandi yavuze ko iyi mirongo imaze gushyirwa ahantu habiri mu Mujyi wa Kigali; aha ku Gishushu na Rwandex, izanakomeza gushyirwa mu yindi mihanda.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore ari kumwe n’Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye
Iyi mirongo nta kinyabiziga cyemerewe kuyitindamo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Amakuru agezweho i Masisi mu mirwano ya AFC/M23 na Wazalendo

Next Post

Huye: Itsinda ry’abakobwa ryaniyise izina rirahangayikishije kubera ibyo rikora bidakwiye abari b’u Rwanda

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Itsinda ry’abakobwa ryaniyise izina rirahangayikishije kubera ibyo rikora bidakwiye abari b’u Rwanda

Huye: Itsinda ry’abakobwa ryaniyise izina rirahangayikishije kubera ibyo rikora bidakwiye abari b’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.