Thursday, September 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe

radiotv10by radiotv10
24/09/2025
in MU RWANDA
0
Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyeshuri bo mu Mujyi wa Kigali, baravuga ko nyuma yuko amasomo abaye ahagaritswe kubera Shampiyona y’Isi y’Amagare, baticaye ubusa, ahubwo ko bari gusubiramo amasomo, ubundi bakajya no kwihera ijisho uko iri siganwa riri kugenda.

Mbere yuko hatangira Shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera mu Mujyi wa Kigali, Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko guhera tariki 21-28 Nzeri 2025 amashuri yose yo mu mujyi wa Kigali azahagarika ibikorwa byo kwigisha by’agateganyo hagamijwe imigendekere myiza y’irushanwa.

Nyuma yaho iyi shampiyona itangiriye amashuri koko ntari gukora. Ku mihanda aho amagare y’abari mu marushanwa ari kunyura hari na bamwe mu rubyirko rurimo n’abanyeshuri na bo baje kwihera ijisho ibi birori.

Abo twaganiriye bavuze ko nubwo bari kwitabira gufana igare ngo n’amasomo batayibagiwe kuko bahawe imikoro myinshi yo gukora muri iki gihe.

Uwitwa Manzi yagize ati “Njye ndabyutse saa kumi n’imwe za mu gitondo nsubiramo amasomo nsoza saa moya, mpita nitegura nza kureba amagare, saa munani ndi buze gutaha nduhuke, saa kumi n’imwe za nimugoroba nongere nsubiremo amasomo. Rero ndimo ndiga kuko baduhaye imikoro myinshi turimo dukora muri kino gihe tutari kujya ku ishuri. Rero kureba amagare no kwiga ndi kubihuza rwose.”

Mutoni na we ati “Baduteguriye ibibazo tuzajya dukora muri iki gihe tutari kujya ku ishuri, ubu njyewe naje kureba amagare ariko nintaha ndaruhuka ubundi mfate umwanya nsubire mu masomo kuko nidusubira ku ishuri dufite welcome test kandi amanota yazo azajya kuri bulletin, ubwo rero urumva ko tugomba kwiga ariko n’amagare tukaza kuyafana.”

Ababyeyi nabo baravuga ko bakomeje gufasha abana babo kugira ngo iki cyumweru kizasige bagitekereza amasomo.

Chantal Uwineza yagize ati “Nkanjye ubu mfite abana mu mashuri abanza n’abiga mu mashuri yisumbuye, nubwo rero bari kureba igare kuko dutuye hano hafi y’aho amagare ari kunyura, n’amasomo bari kuyitaho kuko bafite imikoro batahanye bari kuyikora. Ntabwo rero bazasubira inyuma, bari kubyuka bakabanza bakiga nyuma yaho bakaza kureba igare ariko banagaruka bakaruhuka, ubundi bakongera bagasubira mu masomo yabo.”

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko amasomo mu Mujyi wa Kigali azasubukurwa nk’uko bisanzwe ku wa Mbere tariki 29 Nzeri 2025 ndetse ko iminsi abanyeshuri batagiye ku ishuri izongerwa ku ngengabihe y’amashuri.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − ten =

Previous Post

Yasanze yanditsweho ubutaha bw’umurengera none amaze imyaka itandatu mu gihirahiro

Next Post

Amakuru agezweho: Australia yegukanye icyiciro cya 4 cya Shampiyona y’Amagare u Rwanda habuga gato ngo ruze muri Top10

Related Posts

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

by radiotv10
25/09/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) kuba ryarahisemo ko Shampiyona y’Isi ibera mu Rwanda, ndetse akaba...

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

by radiotv10
25/09/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye bashyira mu majwi bamwe mu banyerondo gukorana n’abagira uruhare...

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

by radiotv10
25/09/2025
0

Ikirego cya Muganga Chantal wari wareze Dr Nsabimana Ernest wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda, amushinja kuba barigeze gukundana akamwizeje kuzamugira...

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

Key elements to know about the new Rwandan Digital ID and its benefits

by radiotv10
25/09/2025
1

Rwanda is rolling out a new digital ID system, launched by the National Identification Agency (NIDA) in August 2025, to...

Eng.-What students in Kigali are busy with after their schools were closed

Eng.-What students in Kigali are busy with after their schools were closed

by radiotv10
25/09/2025
0

Some students in Kigali City say that after classes were suspended because of the UCI World Cycling Championship, they have...

IZIHERUKA

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda
SIPORO

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda

by radiotv10
25/09/2025
0

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

25/09/2025
Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

25/09/2025
Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

25/09/2025
Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

Icyo Urukiko rwagendeyeho rutesha agaciro ikirego cy’uwari warareze uwabaye Minisitiri ngo wanze kumugira umugore

25/09/2025
Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

25/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho: Australia yegukanye icyiciro cya 4 cya Shampiyona y’Amagare u Rwanda habuga gato ngo ruze muri Top10

Amakuru agezweho: Australia yegukanye icyiciro cya 4 cya Shampiyona y’Amagare u Rwanda habuga gato ngo ruze muri Top10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amagare-Kigali: Umufaransakazi atumye Indirimbo yubahiriza u Bufaransa irimbirwa mu Rwanda

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.