Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe

radiotv10by radiotv10
24/09/2025
in MU RWANDA
0
Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyeshuri bo mu Mujyi wa Kigali, baravuga ko nyuma yuko amasomo abaye ahagaritswe kubera Shampiyona y’Isi y’Amagare, baticaye ubusa, ahubwo ko bari gusubiramo amasomo, ubundi bakajya no kwihera ijisho uko iri siganwa riri kugenda.

Mbere yuko hatangira Shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera mu Mujyi wa Kigali, Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko guhera tariki 21-28 Nzeri 2025 amashuri yose yo mu mujyi wa Kigali azahagarika ibikorwa byo kwigisha by’agateganyo hagamijwe imigendekere myiza y’irushanwa.

Nyuma yaho iyi shampiyona itangiriye amashuri koko ntari gukora. Ku mihanda aho amagare y’abari mu marushanwa ari kunyura hari na bamwe mu rubyirko rurimo n’abanyeshuri na bo baje kwihera ijisho ibi birori.

Abo twaganiriye bavuze ko nubwo bari kwitabira gufana igare ngo n’amasomo batayibagiwe kuko bahawe imikoro myinshi yo gukora muri iki gihe.

Uwitwa Manzi yagize ati “Njye ndabyutse saa kumi n’imwe za mu gitondo nsubiramo amasomo nsoza saa moya, mpita nitegura nza kureba amagare, saa munani ndi buze gutaha nduhuke, saa kumi n’imwe za nimugoroba nongere nsubiremo amasomo. Rero ndimo ndiga kuko baduhaye imikoro myinshi turimo dukora muri kino gihe tutari kujya ku ishuri. Rero kureba amagare no kwiga ndi kubihuza rwose.”

Mutoni na we ati “Baduteguriye ibibazo tuzajya dukora muri iki gihe tutari kujya ku ishuri, ubu njyewe naje kureba amagare ariko nintaha ndaruhuka ubundi mfate umwanya nsubire mu masomo kuko nidusubira ku ishuri dufite welcome test kandi amanota yazo azajya kuri bulletin, ubwo rero urumva ko tugomba kwiga ariko n’amagare tukaza kuyafana.”

Ababyeyi nabo baravuga ko bakomeje gufasha abana babo kugira ngo iki cyumweru kizasige bagitekereza amasomo.

Chantal Uwineza yagize ati “Nkanjye ubu mfite abana mu mashuri abanza n’abiga mu mashuri yisumbuye, nubwo rero bari kureba igare kuko dutuye hano hafi y’aho amagare ari kunyura, n’amasomo bari kuyitaho kuko bafite imikoro batahanye bari kuyikora. Ntabwo rero bazasubira inyuma, bari kubyuka bakabanza bakiga nyuma yaho bakaza kureba igare ariko banagaruka bakaruhuka, ubundi bakongera bagasubira mu masomo yabo.”

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko amasomo mu Mujyi wa Kigali azasubukurwa nk’uko bisanzwe ku wa Mbere tariki 29 Nzeri 2025 ndetse ko iminsi abanyeshuri batagiye ku ishuri izongerwa ku ngengabihe y’amashuri.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Yasanze yanditsweho ubutaha bw’umurengera none amaze imyaka itandatu mu gihirahiro

Next Post

Amakuru agezweho: Australia yegukanye icyiciro cya 4 cya Shampiyona y’Amagare u Rwanda habuga gato ngo ruze muri Top10

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho: Australia yegukanye icyiciro cya 4 cya Shampiyona y’Amagare u Rwanda habuga gato ngo ruze muri Top10

Amakuru agezweho: Australia yegukanye icyiciro cya 4 cya Shampiyona y’Amagare u Rwanda habuga gato ngo ruze muri Top10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.