• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe

radiotv10by radiotv10
24/09/2025
in MU RWANDA
0
Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyeshuri bo mu Mujyi wa Kigali, baravuga ko nyuma yuko amasomo abaye ahagaritswe kubera Shampiyona y’Isi y’Amagare, baticaye ubusa, ahubwo ko bari gusubiramo amasomo, ubundi bakajya no kwihera ijisho uko iri siganwa riri kugenda.

Mbere yuko hatangira Shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera mu Mujyi wa Kigali, Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko guhera tariki 21-28 Nzeri 2025 amashuri yose yo mu mujyi wa Kigali azahagarika ibikorwa byo kwigisha by’agateganyo hagamijwe imigendekere myiza y’irushanwa.

Nyuma yaho iyi shampiyona itangiriye amashuri koko ntari gukora. Ku mihanda aho amagare y’abari mu marushanwa ari kunyura hari na bamwe mu rubyirko rurimo n’abanyeshuri na bo baje kwihera ijisho ibi birori.

Abo twaganiriye bavuze ko nubwo bari kwitabira gufana igare ngo n’amasomo batayibagiwe kuko bahawe imikoro myinshi yo gukora muri iki gihe.

Uwitwa Manzi yagize ati “Njye ndabyutse saa kumi n’imwe za mu gitondo nsubiramo amasomo nsoza saa moya, mpita nitegura nza kureba amagare, saa munani ndi buze gutaha nduhuke, saa kumi n’imwe za nimugoroba nongere nsubiremo amasomo. Rero ndimo ndiga kuko baduhaye imikoro myinshi turimo dukora muri kino gihe tutari kujya ku ishuri. Rero kureba amagare no kwiga ndi kubihuza rwose.”

Mutoni na we ati “Baduteguriye ibibazo tuzajya dukora muri iki gihe tutari kujya ku ishuri, ubu njyewe naje kureba amagare ariko nintaha ndaruhuka ubundi mfate umwanya nsubire mu masomo kuko nidusubira ku ishuri dufite welcome test kandi amanota yazo azajya kuri bulletin, ubwo rero urumva ko tugomba kwiga ariko n’amagare tukaza kuyafana.”

Ababyeyi nabo baravuga ko bakomeje gufasha abana babo kugira ngo iki cyumweru kizasige bagitekereza amasomo.

Chantal Uwineza yagize ati “Nkanjye ubu mfite abana mu mashuri abanza n’abiga mu mashuri yisumbuye, nubwo rero bari kureba igare kuko dutuye hano hafi y’aho amagare ari kunyura, n’amasomo bari kuyitaho kuko bafite imikoro batahanye bari kuyikora. Ntabwo rero bazasubira inyuma, bari kubyuka bakabanza bakiga nyuma yaho bakaza kureba igare ariko banagaruka bakaruhuka, ubundi bakongera bagasubira mu masomo yabo.”

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko amasomo mu Mujyi wa Kigali azasubukurwa nk’uko bisanzwe ku wa Mbere tariki 29 Nzeri 2025 ndetse ko iminsi abanyeshuri batagiye ku ishuri izongerwa ku ngengabihe y’amashuri.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Yasanze yanditsweho ubutaha bw’umurengera none amaze imyaka itandatu mu gihirahiro

Next Post

Amakuru agezweho: Australia yegukanye icyiciro cya 4 cya Shampiyona y’Amagare u Rwanda habuga gato ngo ruze muri Top10

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Amakuru agezweho: Australia yegukanye icyiciro cya 4 cya Shampiyona y’Amagare u Rwanda habuga gato ngo ruze muri Top10

Amakuru agezweho: Australia yegukanye icyiciro cya 4 cya Shampiyona y’Amagare u Rwanda habuga gato ngo ruze muri Top10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.