Uganda yatangajwe ku mugaragaro nk’Igihugu cyatsinze Ebola nyuma y’iminsi 42 nta murwayi mushya ugaragaye. Ibi byiangajwe nyuma y’ibyumweru 10 muri iki Gihugu hagaragaye abantu babiri ba mbere banduye Ebola.
Kuva ku wa 15 Gicurasi uyu mwaka, ubwo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangazaga ko hadutse icyorezo cya Ebola, Uganda nayo yemeje abantu 20 banduye iyi ndwara.
Kugeza ubu, hashize iminsi 42 umurwayi wa nyuma asezerewe mu bitaro, ari na cyo gihe Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) risaba mbere yo gutangaza ko igihugu cyamaze kurandura Ebola.
Guverinoma ya Uganda yavuze ko abantu bose banduye bari bafitanye isano n’icyorezo cyari cyadutse mu Ntara ya Ituri, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ihana imbibi na Uganda. Abarwayi ba mbere kaba barinjiye muri Uganda baturutse muri Congo bataramenya ko banduye.
Mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo, ubuyobozi bwa Uganda bwafashe ingamba zirimo guhagarika ibikorwa bihuza abantu benshi, gusaba abaturage guhagarika gusuhuzanya bahana ibiganza, no guhagarika ingendo zimwe na zimwe zikorwa hifashishijwe imodoka rusange n’indege hagati ya Uganda na Congo.
Minisiteri y’Ubuzima ya Uganda yatangaje ko abantu bose bari barahuye n’abarwayi bashyizwe mu kato kandi bakurikiranwa mu gihe cy’iminsi 21, nta bandi barwayi bashya bagaragaye.
Nubwo ariko Uganda yishimira ko yamaze gutsinda Ebola, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ho ikibazo kiracyakomeye, kuko icyorezo cya Ebola yo mu bwoka bwa Bundibugyo, gikomeje gukwirakwira.
Kugeza ubu, muri DRC hamaze kwemezwa abantu barenga 3,000 banduye Ebola, mu gihe Abandi barenga 1,400 bamaze guhitanwa n’iyo ndwara.
Shemsa UWIMANA
RADIOTV10