Wednesday, April 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kimwe mu bigo byigenga bitanga serivisi z’umutekano mu Rwanda cyahagaritswe

radiotv10by radiotv10
01/04/2026
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Kimwe mu bigo byigenga bitanga serivisi z’umutekano mu Rwanda cyahagaritswe
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ikigo Security Company Against Robbery (SCAR) Ltd gitanga serivisi z’umutekano, cyambuwe uburenganzira bwo gukora.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri, tariki 31 Werurwe 2026.

Polisi y’u Rwanda muri iri tangazo, yavuze ko “imenyesha Abaturarwanda bose ko ikigo cyigenga gitanga serivisi z’umutekano kitwa Security Company Against Robbery (SCAR) Ltd, cyambuwe uburenganzira bwo gukora.”

Ubuyobozi bw’uru rwego rushinzwe umutekano w’abantu n’ibyabo, bukomeza bugira buti “Kwamburwa uburenganzira bwo gukora byakozwe hashingiwe ku mpamvu ziri mu ngingo ya 17 n’iya 18 z’itegeko N° 16Bis/2020 ryo kuwa 07/09/2020 rigenga serivisi z’umutekano zitangwa n’abikorera. Iki kigo kirasabwa guhagarika ibikorwa byose byo kurinda umutekano hereye ku itariki ya 15 Gicurasi 2026.”

 

ICYO IRI TEGEKO RIVUGA

ITEGEKO Nº 16Bis/2020 RYO KU WA 07/09/2020 RIGENGA SERIVISI Z’UMUTEKANO ZITANGWA N’ABIKORERA

Ingingo ya 17: Kwamburwa icyemezo cyo gutanga serivisi z’umutekano zitangwa n’abikorera gitangwa na Polisi y’u Rwanda

Icyemezo cyo gutanga serivisi z’umutekano zitangwa n’abikorera gitangwa na Polisi y’u Rwanda cyamburwa uwagihawe kubera imwe mu mpamvu zikurikira:

1° kurenza igihe kingana n’amezi atandatu (6) adakora;
2° kubera impamvu z’umutekano w’Igihugu;
3° kudakosora ibyo yasabwe mu igenzura;
4° kudashyira mu bikorwa igihano yahawe;
5° kwihanizwa na Polisi y’u Rwanda mu nyandiko inshuro eshatu (3) zikurikiranya mu gihe kitarenze amezi atandatu (6) ku mpamvu zo kudatangira igihe raporo cyangwa amakuru asabwa na Polisi y’u Rwanda;
6° gukoresha abakozi batemejwe na Polisi y’u Rwanda;
7° kuba atacyubahiriza ibyashingiweho
8° kuba uwagihawe yaratanze amakuru atari ukuri mu gihe yasabaga guhabwa icyo cyemezo cyangwa ko cyongererwa igihe. ahabwa icyemezo;

Ingingo ya 18: Kumenyeshwa iyamburwa ry’icyemezo cyo gutanga serivisi z’umutekano zitangwa n’abikorera

Iyo utanga serivisi z’umutekano zitangwa n’abikorera yambuwe icyemezo cyo gutanga serivisi z’umutekano zitangwa n’abikorera, Polisi y’u Rwanda ibimenyesha mu nyandiko uwo bireba na rubanda, mu gihe cy’amasaha mirongo ine n’umunani (48) bimaze kwemezwa.

Utanga serivisi z’umutekano zitangwa n’abikorera wambuwe icyemezo cyo gutanga serivisi z’umutekano zitangwa n’abikorera ahagarika ibikorwa byose byo kurinda umutekano mu gihe kitarenze iminsi mirongo itatu (30) y’akazi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

Related Posts

Impanuro ‘Rutangarwamaboko’ yageneye Umuyobozi wafashe icyemezo cyo kurandura ibishyimbo by’umuturage

Impanuro ‘Rutangarwamaboko’ yageneye Umuyobozi wafashe icyemezo cyo kurandura ibishyimbo by’umuturage

by radiotv10
31/03/2026
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yavuze ko umuyobozi waranduye ibishyimbo by’umuturage, yakoze ibitari iby’i Rwanda, ariko ko mbere yo kubikora...

Touadéra wa Centrafrique nyuma y’irahira yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda wahagarariye Perezida Kagame

Touadéra wa Centrafrique nyuma y’irahira yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda wahagarariye Perezida Kagame

by radiotv10
31/03/2026
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida Faustin-Archange Touadéra wongeye gutorerwa...

Why Self-Evaluation Matters: Unlock Your Growth and Transform Your Life

Why Self-Evaluation Matters: Unlock Your Growth and Transform Your Life

by radiotv10
31/03/2026
0

There comes a point where you realize that life moves fast, and if you don’t pause once in a while,...

Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution

Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution

by radiotv10
30/03/2026
0

Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda), in partnership with Ecobank Rwanda Plc and YABX Technologies (Netherlands) B.V , is pleased...

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

by radiotv10
30/03/2026
0

Ikibazo cy’ibishyimbo byaranduwe mu Mujyi wa Kigali cyagatsweho na Komiseri muri FPR-Inkotanyi akagaya Abayobozi babikoze, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwari...

IZIHERUKA

Kimwe mu bigo byigenga bitanga serivisi z’umutekano mu Rwanda cyahagaritswe
MU RWANDA

Kimwe mu bigo byigenga bitanga serivisi z’umutekano mu Rwanda cyahagaritswe

by radiotv10
01/04/2026
0

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

01/04/2026
Icyateye iturika ridasanzwe ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi i Bujumbura cyamenyekanye

Icyateye iturika ridasanzwe ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi i Bujumbura cyamenyekanye

01/04/2026
Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

31/03/2026
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

AFC/M23 yatangaje uko byifashe mu mirwano iyihanganishije n’abarimo FARDC na FDLR

31/03/2026
Harumvikana gushidikanya ku gihe intambara ya Iran izarangirira

Harumvikana gushidikanya ku gihe intambara ya Iran izarangirira

31/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kimwe mu bigo byigenga bitanga serivisi z’umutekano mu Rwanda cyahagaritswe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

Icyateye iturika ridasanzwe ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi i Bujumbura cyamenyekanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.