Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kimwe mu bigo byigenga bitanga serivisi z’umutekano mu Rwanda cyahagaritswe

radiotv10by radiotv10
02/04/2026
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Kimwe mu bigo byigenga bitanga serivisi z’umutekano mu Rwanda cyahagaritswe
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ikigo Security Company Against Robbery (SCAR) Ltd gitanga serivisi z’umutekano, cyambuwe uburenganzira bwo gukora.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri, tariki 31 Werurwe 2026.

Polisi y’u Rwanda muri iri tangazo, yavuze ko “imenyesha Abaturarwanda bose ko ikigo cyigenga gitanga serivisi z’umutekano kitwa Security Company Against Robbery (SCAR) Ltd, cyambuwe uburenganzira bwo gukora.”

Ubuyobozi bw’uru rwego rushinzwe umutekano w’abantu n’ibyabo, bukomeza bugira buti “Kwamburwa uburenganzira bwo gukora byakozwe hashingiwe ku mpamvu ziri mu ngingo ya 17 n’iya 18 z’itegeko N° 16Bis/2020 ryo kuwa 07/09/2020 rigenga serivisi z’umutekano zitangwa n’abikorera. Iki kigo kirasabwa guhagarika ibikorwa byose byo kurinda umutekano hereye ku itariki ya 15 Gicurasi 2026.”

 

ICYO IRI TEGEKO RIVUGA

ITEGEKO Nº 16Bis/2020 RYO KU WA 07/09/2020 RIGENGA SERIVISI Z’UMUTEKANO ZITANGWA N’ABIKORERA

Ingingo ya 17: Kwamburwa icyemezo cyo gutanga serivisi z’umutekano zitangwa n’abikorera gitangwa na Polisi y’u Rwanda

Icyemezo cyo gutanga serivisi z’umutekano zitangwa n’abikorera gitangwa na Polisi y’u Rwanda cyamburwa uwagihawe kubera imwe mu mpamvu zikurikira:

1° kurenza igihe kingana n’amezi atandatu (6) adakora;
2° kubera impamvu z’umutekano w’Igihugu;
3° kudakosora ibyo yasabwe mu igenzura;
4° kudashyira mu bikorwa igihano yahawe;
5° kwihanizwa na Polisi y’u Rwanda mu nyandiko inshuro eshatu (3) zikurikiranya mu gihe kitarenze amezi atandatu (6) ku mpamvu zo kudatangira igihe raporo cyangwa amakuru asabwa na Polisi y’u Rwanda;
6° gukoresha abakozi batemejwe na Polisi y’u Rwanda;
7° kuba atacyubahiriza ibyashingiweho
8° kuba uwagihawe yaratanze amakuru atari ukuri mu gihe yasabaga guhabwa icyo cyemezo cyangwa ko cyongererwa igihe. ahabwa icyemezo;

Ingingo ya 18: Kumenyeshwa iyamburwa ry’icyemezo cyo gutanga serivisi z’umutekano zitangwa n’abikorera

Iyo utanga serivisi z’umutekano zitangwa n’abikorera yambuwe icyemezo cyo gutanga serivisi z’umutekano zitangwa n’abikorera, Polisi y’u Rwanda ibimenyesha mu nyandiko uwo bireba na rubanda, mu gihe cy’amasaha mirongo ine n’umunani (48) bimaze kwemezwa.

Utanga serivisi z’umutekano zitangwa n’abikorera wambuwe icyemezo cyo gutanga serivisi z’umutekano zitangwa n’abikorera ahagarika ibikorwa byose byo kurinda umutekano mu gihe kitarenze iminsi mirongo itatu (30) y’akazi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Icyateye iturika ridasanzwe ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi i Bujumbura cyamenyekanye

Next Post

Make the Move That Changes Everything

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Make the Move That Changes Everything

Make the Move That Changes Everything

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.