• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Hari abajya ku irimbi bakihindura abazimu bakahamburira abaturage bakanafata ku ngufu abagore

radiotv10by radiotv10
18/01/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Hari abajya ku irimbi bakihindura abazimu bakahamburira abaturage bakanafata ku ngufu abagore
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze barataka urugomo bakorerwa n’abantu baza kwihisha ku irimbi ubundi bakihindura abazimu kugira ngo bambure abahise n’abagenzi ndetse bakanafata ku ngufu abagore.

Aba baturage bavuga ko barembejwe n’aba bajura bihindura abazimu ku irimbi rya Bukinanyana ubundi bakabambura ibyo bafite ku buryo uhirahiye kuhaca saa kumi n’ebyiri z’umugoroba aba asa n’uwiyahuye.

Umwe mu baturage avuga ko no mu minsi ya vuba ishize hari umuturage w’umugore uherutse kuhagirirwa nabi.

Uyu muturage avuga ko uwo mugore wari uherutse no gusezerana, yafatiwe ku ngufu n’aba bantu bihindura abazimu kuri ririya rimbi.

Agira ati “Iyo bigeze saa kumi n’ebyiri ntabwo wahaca kuko barahamburira cyane. Bakitwaza ngo ni abazimu ba hano mu irimbi.”

Undi muturage umaze imyaka ibiri atuye hafi y’iri rimbi, avuga ko inshuro nyinshi yumva abantu bahamburiwe n’abahafatiwe ku ngufu.

Undi na we wahamburiwe agira ati “Uhaca ari mu mwijima wabona nk’icyo kintu cyambaye supaneti ugahira wiruka igare ukarita.”

Aba baturage bavuga ko nubwo batarabona amaso ku maso aba bantu kuko baba bihinduranyije biyita abazimu ariko bakeka ko ari abasanzwe bakora akazi ko kuragira amatungo [abashumba] bo muri aka gace.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Lamuri Janvier avuga ko ikibazo cy’umutekano mucye kigaragara ku irimbi rya Bukinanyana kimwe n’ahandi mu mujyi wa Musanze cyahagurukiwe ariko ngo kuko kuri iri irimbi rya Bukinanyana hari ikibazo cyihariye hagiye gushyirwa imbaraga kurushaho.

Ati “Harajya mu hagomba gushyirwa imbaraga nk’uko tugenda tuzongera n’ahandi. Turavugana n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Cyuve na bo bashyiremo imbaraga kuba harimo kugaragara icyo cyuho. Bigomba guhita bikorwa.”

Lamuri Janvier kandi yagarutse ku cyifuzo cy’abaturage cyo gushyirirwaho amatara yo ku muhanda, avuga ko iyi gahunda isanzwe ihari kandi yatangiye ndetse ko aya matara azashyirwa ku muhanda uva mu mujyi wa Musanze kugeza ku mupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 18 =

Previous Post

Huye: Umugabo akurikiranyweho kwica ateye icyuma mugenzi we bapfuye indaya

Next Post

Gicumbi: Nyuma y’uko impanuka y’igare ihitanye babiri Akarere kahise gafatira ibyemezo Abanyonzi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Gicumbi: Nyuma y’uko impanuka y’igare ihitanye babiri Akarere kahise gafatira ibyemezo Abanyonzi

Gicumbi: Nyuma y’uko impanuka y'igare ihitanye babiri Akarere kahise gafatira ibyemezo Abanyonzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.