Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva yageze i Bangui muri Repubulika ya Centrafrique ahagiye kubera irahira rya Faustin-Archange Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora iki Gihugu.
Minisitiri Dr Nsengiyumva yageze i Bangui mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Werurwe 2026 nk’uko byatangajwe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, byavuze ko “Muri iki gitondo, Minisitiri w’Intebe Nsengiyumva yageze i Bangui, aho ahagarariye Perezida Kagame mu muhango wo kurahira kwa Perezida watowe, Faustin-Archange Touadéra.”
Faustin-Archange Touadéra agiye kurahira kuyobora Repubulika ya Centrafrique, nyuma y’amezi atatu atsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu ku majwi 76,15%, aho yatsinze abandi bakandida barindwi bari bahatanye muri aya matora.
Touadéra watsinze aya matora muri manda ya gatatu, yagiye ku buyobozi muri 2016, aho yemerewe kwiyamamaza iyi manda nyuma yuko Itegeko Nshinga ry’Igihugu cye ryavuguruwe muri 2023.
Igihugu cya Centrafrique, gisanzwe ari inshuti n’u Rwanda, ubucuti bushingiye ku mikoranire byumwihariko mu rwego rw’umutekano, kuko rufiteyo abasirikare n’abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro, aho u Rwanda rwatangiye kubohereza mu mwaka wa 2014.
Kuva icyo gihe, umubano w’u Rwanda na Repubulika ya Centrafrique wakomeje gutera imbere, kubera akazi gakomeye izi nzego z’u Rwanda zakoze mu kugarura amahoro yari yarabuze muri kiriya Gihugu.
Faustin-Archange Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique yagendereye u Rwanda mu mpera z’umwaka ushize wa 2025, mu kwezi k’Ugushyingo, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.


RADIOTV10









