• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

radiotv10by radiotv10
30/03/2026
in Uncategorized
0
Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi biterwa no kuba abayobozi badakorana, ahubwo bamwe bagafata ibyemezo ku giti cyabo.

Habonimana yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 29 Werurwe, ubwo Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyarugenge bahuriraga mu Nteko Rusange ku Rwego rw’Akarere.

Mu cyumweru gishize, Perezida Paul Kagame akaba na Chairman wa FPR-Inkotanyi, ubwo yaganiraga n’abayobozi bo mu nzego z’Ibanze, yagarutse kuri imwe mu migirire mibi iranga bamwe muri bo, irimo ubwirasi no kudakorana.

Yanagarutse kandi ku migirire yo kutita ku bintu, aho yatanze ingero za bimwe mu bitagenda, nk’umwanda ukigaragara mu bice bimwe, aho yasabye aba bayobozi gukemura ibyo bibazo.

Muri iyi Nteko y’Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Narugenge, Charles Habonimana, yavuze ko no mu gihe cyo gushakira muti Ibibazo byagaragajwe na Chairman, hakwiye kubamo gukorana.

Yagize ati “Umuyobozi Mpinduramatwara muri FPR-Inkotanyi akorana n’abandi, ntabwo ari icyemezo cyanjye njyewe, gishyirwa mu bikorwa igihe mfite abantu banzengurutse tugomba gufatanya mu gufata ibyemezo.

Nibatubwira ngo ibitaka ntabwo bigomba kwinjira muri kaburimbo, ntabwo ari ukugenda ngo duhite tuvuga ngo ‘wahinze ibishyimbo bimaze kuba uruyange’ ngo turabiranduye.”

Yakomeje agaragaza ingaruka zaterwa n’iki cyemezo, ati “Iyo ntabire nuyiranduramo ibyongibyo, ejo mu gitondo iraba ibaye ibyondo. Ibishyimbo byatewe mu kwa 12 cyangwa mu kwa mbere ni ukuvuga ngo mu mpera z’ukwezi kwa gatatu cyangwa mu kwa kane, bizasarurwa. Byaba ari ibitonore cyangwa se bizarindira byume.

Wangije ibintu bibiri, ubukungu bw’Igihugu twangije isuku twashakaga, twangije n’ibindi, ariko kuko tutigeze tubiganiraho, icyo gusa kikagenda kigahita kibyangiza.”

Amakuru avuga ko nyuma y’ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame akaba na Chairman wa FPR-Inkotanyi, Komite Nyobozi y’Umujyi wa Kigali, yamanutse igategeka ko ibishyimbo byari byarahinzwe n’abaturage birandurwa ngo kuko byagaragazaga isuku nke muri uyu Murwa Mukuru w’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + seventeen =

Previous Post

Iran yemeje urupfu rw’undi wo mu buyobozi bw’Igisirikare cyayo

Next Post

Igisirikare cya Congo cyagize icyo kivuga ku gusenya FDLR imaze imyaka myinshi baranywanye

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Next Post
Igisirikare cya Congo cyagize icyo kivuga ku gusenya FDLR imaze imyaka myinshi baranywanye

Igisirikare cya Congo cyagize icyo kivuga ku gusenya FDLR imaze imyaka myinshi baranywanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.