Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje inzira yageza ku muti w’ibibazo byo muri DRC

radiotv10by radiotv10
16/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nta na rimwe yigeze atorwa muri manda zombi- Perezida Kagame avuga kuri Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ntayindi nzira ishobora kuvamo umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, atari ukubanza kumva umuzi wabyo, nubwo bikomeje kwirengagizwa.

Perezida Kagame yabivuze kuri uyu wa Kane tariki 16 Mutarama 2025 ubwo yakiraga ku meza abahagarariye Ibihugu n’Imiryango Mpuzamahanga mu Rwanda.

Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku bibazo biri mu karere, u Rwanda ruherereyemo, aho iki Gihugu cyagiye kikorezwa umutwaro kitari gikwiye kwikorera, kandi ko biba kubera ibyo Bihugu byigisha ibindi indangagaciro.

Yavuze ko hari Ibihugu byo hanze ya Afurika byagize uruhare mu buryo buziguye cyangwa butaziguye muri ibi bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko bikirengagiza inzira ya nyayo ikwiye kuvamo umuti wabyo kandi byaragize uruhare mu gutuma bibaho.

Ati “Ariko niba ushaka gukemura ikibazo nta nzira nziza yabaho utabanje kureba umuzi wabyo, ntacyo byaba bivuze icyo washingiraho cyose, n’uwo waba uri we wese.”

Yagarutse ku ngabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri DRC (MONUSCO) zimaze imyaka 30, ariko iki kibazo zagiye gukemura kikaba kigihari.

Ati “Kuki waba ukiri aho kandi waragiye gukemura ikibazo, ariko kikamara imyaka 30. Wenda byagufata imyaka itanu cyangwa icumi, ariko se imyaka mirongo itatu!”

Yavuze ko gukomeza kwegeka ibibazo ku Rwanda, ari ugushaka kwikuraho ikimwaro ku kunanirwa inshingano zo gushaka umuti w’ibi bibazo.

Ikibabaje ni ukuba aba begeka ibibazo ku Rwanda, birengagiza umutwe wa FDLR wasize uhekuye u Rwanda, ubu ufashwa n’ubutegetsi bwa Congo, ugakomeza ibikorwa bibi nk’ibi, mu maso y’izi ngabo z’Umuryango w’Abibumbye.

Ahubwo Umuryango mpuzamahanga ukigira nyoni nyinshi kuri iki kibazo, ukibaza niba “ese baracyabaho, bari he?…”

Uyu muryango mpuzamahanga ukabirengaho ugashinja u Rwanda kujya muri Congo, Umukuru w’u Rwanda akavuga ko bitari bikwiye kuvugwa muri iki gihe Isi igezemo.

Avuga ko kuvuga ibi biba bifite ikibyihishe inyuma, ariko ko ikibazo hari ababifata nk’ukuri bakabyemera nk’aho ari byo kandi ari ikinyoma.

Yavuze ko abashinja u Rwanda kuba ruri muri Congo, bari bakwiye gutekereza impamvu yagakwiye gutuma rujyayo, kandi ko yabafasha kugera ku muti w’iki kibazo, kuko byabafasha kumenya umuzi wacyo.

 

Impuguke ni iz’iki?

Umuryango w’Abibumbye, wagiye wohereza itsinda ry’impuguke rigiye gukora ubushakashatsi ku bibazo byo muri Congo, Perezida Kagame akavuga ko ikibabaje ari uko zimwe muri zo, ari izo mu Bihugu byagize uruhare mu muzi w’ibyo bibazo mu bihe by’abakoloni, bagize uruhare mu bikorwa bibi byabaye ku Mugabane wa Afurika, nko kuba barazanye amacakubiri mu Rwanda.

Ku banyekongo bavuga Ikinyarwanda, byatewe n’ibyakozwe n’aba bakoloni ubwo hakatwaga imipaka, ariko ko byabyaye ikibazo ku ruhande rwa Congo, mu gihe ku bindi Bihugu nka Uganda, nta bibazo byigeze bitera.

Perezida yavuze ko ibi atari ikibazo gikwiye impuguke kugira ngo cyumvikane, ahubwo ko cyakumvwa na buri wese bidasabye ubumenyi budasanzwe cyangwa ubundi bushobozi.

Yavuze ko uko byagenda koze ikibazo kiri mu burasirazuba bwa DRC kigomba kubonerwa umutu uko byagenda kose, aho gukomeza kukirenga hejuru, kuko u Rwanda rwamye rwifuza amahoro kuko runayakeneye kurusha ibindi Bihugu kuko ruzi ingaruka zo kutayagira na bwo kurusha ibindi Bihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + thirteen =

Previous Post

Isi yari imukeneye: Obama yavuze imyato Biden ugiye gusohoka muri ‘White House’

Next Post

Nta na rimwe yigeze atorwa muri manda zombi- Perezida Kagame avuga kuri Tshisekedi

Related Posts

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

IZIHERUKA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…
MU RWANDA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta na rimwe yigeze atorwa muri manda zombi- Perezida Kagame avuga kuri Tshisekedi

Nta na rimwe yigeze atorwa muri manda zombi- Perezida Kagame avuga kuri Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.