• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahawe igihembo gikomeye ku Mugabane wa Afurika

radiotv10by radiotv10
25/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yahawe igihembo gikomeye ku Mugabane wa Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yabaye Umunyafurika w’Umwaka wa 2024, mu bihembo bizwi nka AABLA (All Africa Business Leaders Awards) bitangwa ku bufatanye n’Igitangazamakuru CNBC Africa.

Perezida Kagame yahawe iki gihembo cy’Umunyafurika w’Intangarugero muri Politiki n’Ubucuruzi, kubera uruhare agira mu kuzana impinduka nziza mu burucuruzi bwo ku Mugabane wa Afurika.

Ni igihembo yatsindiye kuri uyu wa Kane tariki 24 Ukwakira 2024, cyatangiwe i Johannesburg muri Afurika, cyashyikirijwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, Emmanuel Hategeka.

Amb. Emmanuel Hategeka, ubwo yakiraga iki gihembo, yavuze ko “mu izina rya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, ni iby’agaciro gakomeye kwakira iki gihembo, Nyakubahwa Perezida atuye iki gihembo amamiliyoni y’abagabo, abagore n’urubyiruko bakoresha imbaraga mu gutuma Afurika ikomeza guhagarara neza.”

Ambasaderi Emmanuel Hategeka yaboneyeho kandi gushimira abategura ibi bihembo, aboneraho gusaba Abanyafurika gukomeza gushyira hamwe mu kugera ku ntego zabo bakoresheje guhanga udushya no gukomeza gutanga urugero ku rubyiruko n’abazavuka mu bihe biri imbere.

Ati “Dushyize hamwe, dushobora kubaka Afurika atari iza ku isonga gusa, ahubwo ikaba na Afurika yigenera ahazaza hayo ku Isi.”

Ubuyobozi bw’abategura ibi bihembo, bwavuze ko Perezida Paul Kagame yatsindiye Igihembo cy’Umunyafurika w’umwaka wa 2024 kubera uruhare rwe nk’umuntu ku giti cye, agira mu kuzamura imyumvire yo kwigira k’Umugabane wa Afurika.

Ubu buyobozi bugira buti “Umuhate we mu kugera ku ntego n’impinduka mu miyoborere, biduha urugero rwiza mu kubyaza umusaruro amahirwe dufite nk’Umugabane wacu.”

Ni igihembo Perezida Paul Kagame yagenewe ari muri Samoa mu Nama ya CHOGM y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bihuriye mu Muryango wa Commonwealth, aho yanasoje manda ye y’imyaka ibiri nk’Umuyobozi Mukuru w’uyu Muryango.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − ten =

Previous Post

Menya urutonde rw’abakinnyi bahataniye ibihembo muri ruhago ya Afurika n’Ibihugu bakomokamo

Next Post

Amakuru agezweho: Hatangajwe amabwiriza mashya yo kwirinda Marburg mu bigo by’amashuri

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Amakuru agezweho: Hatangajwe amabwiriza mashya yo kwirinda Marburg mu bigo by’amashuri

Amakuru agezweho: Hatangajwe amabwiriza mashya yo kwirinda Marburg mu bigo by’amashuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.