Thursday, March 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we Sassou N’Guesso wa Congo Brazzaville

radiotv10by radiotv10
26/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we Sassou N’Guesso wa Congo Brazzaville
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we wa Congo Brazzaville, Denis Sassou N’Guesso amwifuriza ishya n’ihirwe muri manda nshya yo gukomeza kuyobora iki Gihugu. Ubutumwa yashyikirijwe na Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta.

Dr Vincent Biruta wajyanye ubu butumwa nk’intumwa ya Perezida Paul Kagame, yabushyikirije Denis Sassou N’Guesso kiri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Werurwe 2026.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda, yatangajwe iby’iki gikorwa, yavuze ko Minisitiri Biruta “Yamugejejeho ubutumwa bw’ishimwe rya Perezida Paul Kagame nyuma yo kongera gutorwa, ndetse n’ubutumwa bujyanye no kwiyamamariza umwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo, muri manda, asaba Repubulika ya Congo kuzayishyigikira.”

Bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda bamaze iminsi bakorera ingendo mu Bihugu binyuranye bashyiriye Abakuru babyo ubutumwa bwa Perezida Kagame bubasaba kuzashyigikira kandidatire ya Louise Mushikiwabo wongeye gutangwa n’u Rwanda nk’umukandida ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa OIF.

Mushikiwabo ugiye guhatanira manda ya gatatu, ashobora kuzahatana n’umukandida watanzwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho biteganyijwe ko kandidatire zizemezwa mu nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri izaba mu Gicurasi.

Umubano w’u Rwanda na Congo Brazzaville yasabwe n’u Rwanda kuzashyigikira Kandidatire ya Mushikiwabo, ushingiye ku bufatanye mu bucuruzi, ubukungu, n’ububanyi n’amahanga.

Uyu mubano washimangiwe cyane mu myaka micye ishize binyuze mu masezerano y’ubucuruzi n’ubufatanye mu rwego rw’Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA) ndetse no mu ruzinduko rwa Perezida Denis Sassou Nguesso i Kigali.

Ku wa 22 Nyakanga 2022, u Rwanda na Repubulika ya Congo basinye amasezerano yo guteza imbere ubucuruzi n’ubufatanye mu bukungu binyuze mu Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA), yashyizweho umukono n’abaminisitiri b’ubucuruzi b’ibihugu byombi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Simple Habits to Improve Your Health in 2026

Related Posts

Simple Habits to Improve Your Health in 2026

Simple Habits to Improve Your Health in 2026

by radiotv10
26/03/2026
0

Taking care of your health does not have to be complicated. You don’t need expensive plans or strict routines. Sometimes,...

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

by radiotv10
25/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Kaminuza ya IPRC-Tumba mu Karere ka Rulindo, buravuga ko bwababajwe n’urupfu rutunguranye rw’umunyeshuri wigaga mu mwaka wa mbere,...

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

by radiotv10
25/03/2026
0

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America yatanze umucyo ku kibazo cyabaye kuri hoteli icumbitsemo Madamu wa Tshisekedi...

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
25/03/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu byiciro bitatu bikurikirana ku rutonde rw’uko Uturere twesheje...

Rwanda Clarified on the incident that occurred at the hotel in Washington where Tshisekedi’s wife is staying

Rwanda Clarified on the incident that occurred at the hotel in Washington where Tshisekedi’s wife is staying

by radiotv10
25/03/2026
0

The Embassy of Rwanda in the United States has clarified an incident that occurred at a hotel hosting the wife...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we Sassou N’Guesso wa Congo Brazzaville
MU RWANDA

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we Sassou N’Guesso wa Congo Brazzaville

by radiotv10
26/03/2026
0

Simple Habits to Improve Your Health in 2026

Simple Habits to Improve Your Health in 2026

26/03/2026
Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

25/03/2026
Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

25/03/2026
Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

25/03/2026
Rwanda Clarified on the incident that occurred at the hotel in Washington where Tshisekedi’s wife is staying

Rwanda Clarified on the incident that occurred at the hotel in Washington where Tshisekedi’s wife is staying

25/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we Sassou N’Guesso wa Congo Brazzaville

Simple Habits to Improve Your Health in 2026

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.