Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi yerekanye abahishaga Plaque ngo Camera zitabandikira barimo abazisibye burundu

radiotv10by radiotv10
30/12/2021
in MU RWANDA
0
Polisi yerekanye abahishaga Plaque ngo Camera zitabandikira barimo abazisibye burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu icyenda (9) bakurikiranyweho icyaha cyo guhimba, guhindura inyandiko cyangwa kuyonona kubera guhisha plaque za moto bagira ngo camera zitabandikira.

Aba bantu icyenda berekanywe kuri uyu wa Kane tariki 30 Ukuboza 2021 ndetse na moto 11 ziriho plaque zahishwe zirimo n’izitagaragaza umubare n’umwe kubera gusiba irangi riba ryanditse imibare.

Muri izi moto kandi harimo izasibwe imibare yariho mbere bakandika izindi bihimbiye kugira ngo camera zifata ibinyabiziga byarengeje umuvuduko nifotora iki kinyabiziga ntikibone muri system.

Umwe muri aba bafashwe witwa Vuganeza Emmanuel ni nyiri moto wavuze ko atari azi ko ikinyabiziga cye cyasibwe imibare yo kuri plaque.

Avuga ko uwo yari yahaye moto bamufashe kuko yari yibagiwe ibyangombwa akaza kumuhamagara ngo abizane.

Ati “Mbigejeje Kacyiru barambwira ngo nimero iranga ikinyabiziga mwarayisibye. Ntabwo nari nzi ko umumotari yayisibye. Narahageze babinyeretse mbona ni byo ni uko ntajyaga mbyitaho nkeka ko ari ugucuyuka cyangwa kwa kundi bazihanagura igasibama.”

SSP Irere René, Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yavuze ko aba basibye plaque z’ibinyabiziga atari ugutinya kwandikirwa na Camera gusa ahubwo ko hari ikindi kibyihishe inyuma kuko ibi binyabiziga bidafite umwenda ukabije.

Ati “Bigaragaza ko hari izindi gahunda baba barimo, baba bagamije gutwara ibiyobyabwenge, hari n’abashikuza abakobwa amasakoshi na telefoni.”

Akomeza agira ati “Baba bafite ibindi byaha bagendereye gukora kurusha uko bafatwa na camera.”

Aba bantu bakurikiranyweho icyaha cyo guhimba, guhindura inyandiko cyangwa kuyonona giteganywa n’ingingo ya 276 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange riteganya igihano gishobora kugeza ku myaka itanu y’igifungo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 10 =

Previous Post

Haravugwa ubwiyunge hagati ya Papa Cyangwe na Rocky baherutse gutandukana

Next Post

Meddy yatunguranye avuga igihe we na Mimi bazabyarira

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Meddy yatunguranye avuga igihe we na Mimi bazabyarira

Meddy yatunguranye avuga igihe we na Mimi bazabyarira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.