Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi yerekanye abahishaga Plaque ngo Camera zitabandikira barimo abazisibye burundu

radiotv10by radiotv10
30/12/2021
in MU RWANDA
0
Polisi yerekanye abahishaga Plaque ngo Camera zitabandikira barimo abazisibye burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu icyenda (9) bakurikiranyweho icyaha cyo guhimba, guhindura inyandiko cyangwa kuyonona kubera guhisha plaque za moto bagira ngo camera zitabandikira.

Aba bantu icyenda berekanywe kuri uyu wa Kane tariki 30 Ukuboza 2021 ndetse na moto 11 ziriho plaque zahishwe zirimo n’izitagaragaza umubare n’umwe kubera gusiba irangi riba ryanditse imibare.

Muri izi moto kandi harimo izasibwe imibare yariho mbere bakandika izindi bihimbiye kugira ngo camera zifata ibinyabiziga byarengeje umuvuduko nifotora iki kinyabiziga ntikibone muri system.

Umwe muri aba bafashwe witwa Vuganeza Emmanuel ni nyiri moto wavuze ko atari azi ko ikinyabiziga cye cyasibwe imibare yo kuri plaque.

Avuga ko uwo yari yahaye moto bamufashe kuko yari yibagiwe ibyangombwa akaza kumuhamagara ngo abizane.

Ati “Mbigejeje Kacyiru barambwira ngo nimero iranga ikinyabiziga mwarayisibye. Ntabwo nari nzi ko umumotari yayisibye. Narahageze babinyeretse mbona ni byo ni uko ntajyaga mbyitaho nkeka ko ari ugucuyuka cyangwa kwa kundi bazihanagura igasibama.”

SSP Irere René, Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yavuze ko aba basibye plaque z’ibinyabiziga atari ugutinya kwandikirwa na Camera gusa ahubwo ko hari ikindi kibyihishe inyuma kuko ibi binyabiziga bidafite umwenda ukabije.

Ati “Bigaragaza ko hari izindi gahunda baba barimo, baba bagamije gutwara ibiyobyabwenge, hari n’abashikuza abakobwa amasakoshi na telefoni.”

Akomeza agira ati “Baba bafite ibindi byaha bagendereye gukora kurusha uko bafatwa na camera.”

Aba bantu bakurikiranyweho icyaha cyo guhimba, guhindura inyandiko cyangwa kuyonona giteganywa n’ingingo ya 276 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange riteganya igihano gishobora kugeza ku myaka itanu y’igifungo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Haravugwa ubwiyunge hagati ya Papa Cyangwe na Rocky baherutse gutandukana

Next Post

Meddy yatunguranye avuga igihe we na Mimi bazabyarira

Related Posts

Inkuba zikomeje kwiyongera mu Rwandau: Mu minsi ibiri ikurikirana zishe abantu mu Ntara ebyiri

Inkuba zikomeje kwiyongera mu Rwandau: Mu minsi ibiri ikurikirana zishe abantu mu Ntara ebyiri

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

IZIHERUKA

Inkuba zikomeje kwiyongera mu Rwandau: Mu minsi ibiri ikurikirana zishe abantu mu Ntara ebyiri
MU RWANDA

Inkuba zikomeje kwiyongera mu Rwandau: Mu minsi ibiri ikurikirana zishe abantu mu Ntara ebyiri

by radiotv10
29/01/2026
0

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Meddy yatunguranye avuga igihe we na Mimi bazabyarira

Meddy yatunguranye avuga igihe we na Mimi bazabyarira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuba zikomeje kwiyongera mu Rwandau: Mu minsi ibiri ikurikirana zishe abantu mu Ntara ebyiri

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.