Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi yerekanye abahishaga Plaque ngo Camera zitabandikira barimo abazisibye burundu

radiotv10by radiotv10
30/12/2021
in MU RWANDA
0
Polisi yerekanye abahishaga Plaque ngo Camera zitabandikira barimo abazisibye burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu icyenda (9) bakurikiranyweho icyaha cyo guhimba, guhindura inyandiko cyangwa kuyonona kubera guhisha plaque za moto bagira ngo camera zitabandikira.

Aba bantu icyenda berekanywe kuri uyu wa Kane tariki 30 Ukuboza 2021 ndetse na moto 11 ziriho plaque zahishwe zirimo n’izitagaragaza umubare n’umwe kubera gusiba irangi riba ryanditse imibare.

Muri izi moto kandi harimo izasibwe imibare yariho mbere bakandika izindi bihimbiye kugira ngo camera zifata ibinyabiziga byarengeje umuvuduko nifotora iki kinyabiziga ntikibone muri system.

Umwe muri aba bafashwe witwa Vuganeza Emmanuel ni nyiri moto wavuze ko atari azi ko ikinyabiziga cye cyasibwe imibare yo kuri plaque.

Avuga ko uwo yari yahaye moto bamufashe kuko yari yibagiwe ibyangombwa akaza kumuhamagara ngo abizane.

Ati “Mbigejeje Kacyiru barambwira ngo nimero iranga ikinyabiziga mwarayisibye. Ntabwo nari nzi ko umumotari yayisibye. Narahageze babinyeretse mbona ni byo ni uko ntajyaga mbyitaho nkeka ko ari ugucuyuka cyangwa kwa kundi bazihanagura igasibama.”

SSP Irere René, Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, yavuze ko aba basibye plaque z’ibinyabiziga atari ugutinya kwandikirwa na Camera gusa ahubwo ko hari ikindi kibyihishe inyuma kuko ibi binyabiziga bidafite umwenda ukabije.

Ati “Bigaragaza ko hari izindi gahunda baba barimo, baba bagamije gutwara ibiyobyabwenge, hari n’abashikuza abakobwa amasakoshi na telefoni.”

Akomeza agira ati “Baba bafite ibindi byaha bagendereye gukora kurusha uko bafatwa na camera.”

Aba bantu bakurikiranyweho icyaha cyo guhimba, guhindura inyandiko cyangwa kuyonona giteganywa n’ingingo ya 276 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange riteganya igihano gishobora kugeza ku myaka itanu y’igifungo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − four =

Previous Post

Haravugwa ubwiyunge hagati ya Papa Cyangwe na Rocky baherutse gutandukana

Next Post

Meddy yatunguranye avuga igihe we na Mimi bazabyarira

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Meddy yatunguranye avuga igihe we na Mimi bazabyarira

Meddy yatunguranye avuga igihe we na Mimi bazabyarira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.