Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

radiotv10by radiotv10
30/01/2026
in MU RWANDA
0
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze ruswa ishingiye ku gitsina kugira ngo babone amanota meza.

Ni ibyavuye mu bushakashatsi bwakozwe n’umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, mu mwaka wa 2025, hagamijwe kureba uko serivisi zitangwa mu nzego zitandukanye, by’umwihariko mu burezi no mu buzima.

Ibyavuye muri ubu bushakashatsi byagaragaje ko mu rwego rw’uburezi hakigaragara ruswa, ahanini yibasira abagore n’abakobwa. Ibi bituma serivisi zitangwa mu burezi zidindira, ndetse n’abazihabwa bakazitakariza ikizere.

Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko mu mashuri makuru na za kaminuza zo mu Rwanda, mu banyeshuri 1,350 babajijwe, abantu 100, ni ukuvuga 8%, bavuze ko batanze ruswa ishingiye ku gitsina kugira ngo babone amanota meza. Abandi 5% bavuze ko batanze ruswa kugira ngo bahindurirwe amasomo bagombaga kwiga. Ni mu gihe ababyeyi n’abanyeshuri bagera kuri 5% bo bavuze ko batanze ruswa kugira ngo bahabwe imyanya mu mashuri runaka.

Bruce Gashema, umushakashatsi muri Transparency International Rwanda, yagize ati “Ibi bigaragara cyane muri kaminuza n’amashuri makuru, aho usanga ruswa ishingiye ku gitsina itangwa kugira ngo abanyeshuri bahabwe amanota meza cyangwa bemererwe kwimuka. Hari n’aho byagaragaye ko basabwa ruswa ishingiye ku gitsina kugira ngo bahabwe amanota meza mu myitozo ngiro (internship), ndetse no kugira ngo bahabwe imyanya muri iyo myitozo.”

Uyu mushakashatsi kandi yavuze ko mu gutanga ruswa hasigaye hifashishwa uburyo bw’ubukomisiyoneri.

Yagize ati “Akenshi utanga serivisi ntaza mu buryo buziguye ngo agusabe ruswa, ahubwo ashaka uwo twakwita umuhuza, utaba muri iyo serivisi. Niba ari nk’umwarimu, uwo mukomisiyoneri aba ari hagati y’usabwa ruswa n’uyitanga. Abiga muri za kaminuza bagiye babigaragaza, aho usanga hari umunyeshuri warangije cyangwa undi muntu wo ku ruhande uza agahuza umunyeshuri n’umwarimu, bakumvikana aho bazahurira n’amanota azatangwa, bityo umwarimu ntagaragare muri icyo gikorwa, ahubwo hagaragara uwo mukomisiyoneri.”

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko iri gushyiraho ingamba zigamije guca ruswa muri ayo mashuri, icyakora igaragaza ko imyumvire y’abantu ari yo ituma ruswa ikomeza kubaho.

Sylvie Uwimbabazi, Umuyobozi muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe porogaramu zihuriweho, yagize ati “Nk’uko mubizi, kurwanya ruswa ni urugendo, si ikintu wavuga ngo ejo mu gitondo ndabikemuye bihite bihagarara. By’umwihariko ruswa ishingiye ku gitsina ni ibanga rikomeye cyane, kandi hari n’aho usanga uwayikorewe agira isoni zo kubivuga. Twebwe nka Minisiteri y’Uburezi, icyo dukora ni ukumenyekanisha ko ruswa ibaho no kugaragaza igikwiye gukorwa kugira ngo bayirinde. Imbogamizi ikomeye ni uko guhindura imyumvire y’abantu bisaba igihe, kuko ari urugendo.”

Ubu bushakashatsi kandi bwagaragaje ko abanyeshuri bafite ubumuga bwo mu mutwe bakunze guhura n’ivangura rishingiye ku myumvire mibi n’akato kava ku bayobozi b’amashuri no mu muryango nyarwanda muri rusange. Bugaragaza ko 46.1% by’abana bafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe basabwa ruswa kugira ngo bemererwe kwiga.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 1 =

Previous Post

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Next Post

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.