APR FC na Rayon Sports FC zigiye kumenya amakipe azahura na zo mu mikino ibanza y’amarushanwa ya CAF, muri tombola izaba kuwa kane tariki ya 6 Kanama 2026 i Caïro mu Misiri ku kicaro cy’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF).
APR FC izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Champions League nk’ikipe yegukanye Shampiyona ya 2025-2026, mu gihe Rayon Sports FC izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Confederation Cup nk’ikipe yabaye iya kabiri mu gikombe cy’amahoro nacyo cyegukanywe na APR FC.
Kuri iki cyumweru, taliki ya 2 Kanama, CAF yohereje e-mail igaragaza ko Tombola y’uko amakipe azahura mu ijonjora ry’ibanze ry’iyi mikino ya Total Energies CAF Champions League 2026/27 na Total Energies CAF Confederation Cup 2026/27 izaba kuwa kane izabera i Cairo igatangira saa 13h00 za Kigali azaba ari saa 14h00 zo muri icyo gihugu (11h00 GMT).
Amakipe yo hirya no hino ku mugabane wa Afurika azamenya ayo azahura nayo bwa mbere mu rugendo rwo guhatanira itike yo kugera mu matsinda y’aya marushanwa abiri akomeye ku mugabane.
Tombola ya TotalEnergies CAF Confederation Cup izatangira saa saba z’amanywa ku isaha ya Kigali, saa munani z’amanywa ku isaha ya Cairo (11h00 GMT), ikurikirwe n’iya TotalEnergies CAF Champions League izatangira saa munani za Kigali, saa cyenda ku isaha ya Cairo (12h00 GMT).
Usibye APR FC na Rayon Sports FC , Al Hilal na Al Merriekh zo muri Sudan zikina shampiyona y’u Rwanda ndetse zigakinira mu Rwanda imikino yazo ya CAF, nazo zizamenya amakipe zizahura nayo.
Indi kipe yo muri Sudan yasabye kuzakinira mu Rwanda imikino yayo ya CAF Confederation Cup ni Hilal Al-Sahil Sports Club.
Iyi tombola izatambuka imbonankubone kuri CAF TV.
Mu mwaka ushize , APR FC na Rayon Sports FC nizo zari zahagarariye u Rwanda ariko zose zaviriyemo mu mikino ya mbere y’uru rugendo.
APR FC yasezerewe na Pyramids FC yo mu misiri muri Caf Champions League, mu gihe muri Confederation Cup, Rayon Sports FC yasezerewe na Singida Black Stars.
Imikino ya mbere ibanza y’aya marushanwa izakinwa muri week end ya taliki ya 4-6 Nzeli 2026.
Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10