Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

radiotv10by radiotv10
06/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, yabaye nk’utera ubwoba mugenzi we wa Colombia ko na we igikorwa nka kiriya akimukozeho byamugwa neza.

Mu mpera z’icyumweru gishize, ntayindi nkuru yari igezweho ku Isi uretse ifatwa rya Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela, wafashwe muri operasiyo ikomeye y’umutwe udasanzwe w’igisirikare cya America, wamusanze iwe.

Ni igikorwa cyamaganiwe kure n’amahanga, mu gihe Perezida Trump we avuga ko cyari ngombwa mu rwego rwo guca intege ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge bushinjwa Maduro.

Trump kandi yabaye nk’utera ubwoba Perezida Gustavo Petro wa Colombia, avuga ko nyuma y’ifatwa rya Maduro, na Guverinoma ya Cuba na yo ishobora gukorerwa nka biriya.

Ni mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri iki Cyumweru ubwo yari mu ndege ye ya Air Force One, ubwo yasubizaga ku kwamaganwa akomeje gukorerwa n’Ibihugu byo muri America y’Amajyepfo, birimo Brazil, Chile, Colombia, Mexico, Uruguay kimwe na Spain, bivuga ko kiriya gikorwa “giteye impungenge cyane ku mahoro n’umutekano byo muri kariya karere.”

Trump yavuze ko Colombia kimwe na Venezuela byari Ibihugu “by’ibirwayi” ndetse anavuga ko Guverinoma ya Bogota “iyobowe n’umurwayi washyize imbere gukora Cocaine no kuyicuruza muri Leta Zunze Ubumwe za America.” Ati “Kandi ntabwo azabikora igihe kinini, ndababwiza ukuri.”

Abajijwe niba ibyo yakoze muri Venezuela azabikora no muri Colombia, Trump yavuze ko “Byanshimisha cyane.”

Perezida Gustavo Petro wa Colombia yamaganiye kure ibi yatangajweho na Trump, avuga ko akwiye “guhagarika kumusebya” anasaba Ibihugu byo muri America y’Amajyepfo guhagurukira hamwe “kwamagana ubu bwibone n’ubucakara.”

Mu butumwa burebure yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Perezida Petro yavuze ko “Leta Zunze Ubumwe za America ari cyo Gihugu cya mbere ku Isi, cyarashe ibisasu mu murwa mukuru wa America y’Amajyepfo mu mateka y’Isi.” Ariko ko kwihorera ari cyo gisubizo cyiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Next Post

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.