Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, yabaye nk’utera ubwoba mugenzi we wa Colombia ko na we igikorwa nka kiriya akimukozeho byamugwa neza.
Mu mpera z’icyumweru gishize, ntayindi nkuru yari igezweho ku Isi uretse ifatwa rya Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela, wafashwe muri operasiyo ikomeye y’umutwe udasanzwe w’igisirikare cya America, wamusanze iwe.
Ni igikorwa cyamaganiwe kure n’amahanga, mu gihe Perezida Trump we avuga ko cyari ngombwa mu rwego rwo guca intege ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge bushinjwa Maduro.
Trump kandi yabaye nk’utera ubwoba Perezida Gustavo Petro wa Colombia, avuga ko nyuma y’ifatwa rya Maduro, na Guverinoma ya Cuba na yo ishobora gukorerwa nka biriya.
Ni mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri iki Cyumweru ubwo yari mu ndege ye ya Air Force One, ubwo yasubizaga ku kwamaganwa akomeje gukorerwa n’Ibihugu byo muri America y’Amajyepfo, birimo Brazil, Chile, Colombia, Mexico, Uruguay kimwe na Spain, bivuga ko kiriya gikorwa “giteye impungenge cyane ku mahoro n’umutekano byo muri kariya karere.”
Trump yavuze ko Colombia kimwe na Venezuela byari Ibihugu “by’ibirwayi” ndetse anavuga ko Guverinoma ya Bogota “iyobowe n’umurwayi washyize imbere gukora Cocaine no kuyicuruza muri Leta Zunze Ubumwe za America.” Ati “Kandi ntabwo azabikora igihe kinini, ndababwiza ukuri.”
Abajijwe niba ibyo yakoze muri Venezuela azabikora no muri Colombia, Trump yavuze ko “Byanshimisha cyane.”
Perezida Gustavo Petro wa Colombia yamaganiye kure ibi yatangajweho na Trump, avuga ko akwiye “guhagarika kumusebya” anasaba Ibihugu byo muri America y’Amajyepfo guhagurukira hamwe “kwamagana ubu bwibone n’ubucakara.”
Mu butumwa burebure yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Perezida Petro yavuze ko “Leta Zunze Ubumwe za America ari cyo Gihugu cya mbere ku Isi, cyarashe ibisasu mu murwa mukuru wa America y’Amajyepfo mu mateka y’Isi.” Ariko ko kwihorera ari cyo gisubizo cyiza.
RADIOTV10









