Friday, March 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

radiotv10by radiotv10
27/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko FDLR atari umutwe witwaje intwaro usanzwe nk’indi, kuko ari umutwe ushingiye ku ngengabitekerezo mbi washinzwe n’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda kandi ko iyo ngengabitekerezo itigeze ihinduka.

Ambasaderi Martin Ngoga yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 26 Werurwe 2026 mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano, yari yateranye yiga ku kibazo cyo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yavuze ko amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC, atazanywe n’u Rwanda na gato, ahubwo ko ikibazo cy’u Rwanda cyamye ari umutwe wa FDLR n’ingengabitekerezo ya Jenoside ufite kandi ukaba ukomeje kuyikwirakwiza.

Yagize ati “FDLR si umutwe witwaje intwaro usanzwe. Ni umutwe ugambiriye jenoside, washinzwe n’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, kandi ingengabitekerezo yawo ya jenoside ntiyigeze ihinduka.”

Yavuze ko uyu mutwe wakomeje kuba impungenge ku Rwanda kubera intego yawo yo kugambirira kugirira nabi iki Gihugu cyanyuze mu majye akomeye cyatewe n’iyi ngengabitekerezo mbi ya Jenoside.

Yavuze ko imyaka 31 ishize habaye Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’uyu mutwe wa FDLR, ugifite umugambi wo kurangiza aya marorerwa bakoze, ku buryo nta muntu wari ukwiye gushidikanya ku nkomoko y’uyu mutwe. Ati “Uyu ni umutwe ugamije kurimbura abantu.”

Yakomeje agira ati “Mureke mbabwize ukuri, gukemura ikibazo cya FDLR ni ingenzi ku muti wizewe kandi urambye ku makimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC. Uyu mutwe ugomba kurandurwa n’ingengabitekerezo n’ibikorwa byawo nk’imvugo zibiba urwango bikarandurwa burundu.”

Amb. Martin Ngoga kandi yagarutse ku bibazo bireba Abanyekongo ubwabo, avuga ko bikwiye gushakirwa umuti bihereye mu mizi, kandi ko amasezerano n’ibiganiro by’i Doha hagati y’ubutegetsi bwa DRC na AFC/M23 byagombye gutangaza umusaruro, bityo ko bikwiye kubahirizwa.

Yavuze kandi ko kimwe n’amasezerano y’amahoro yasinywe hagati y’u Rwanda na DRC, kimwe n’ay’i Doha, bigomba kujyanirana, kandi ko bigenze uko haboneka agahenge karambye ndetse hakaboneka n’urubuga ryo gushaka umuti mu nzira za politiki.

Gusa yavuze ko mu mezi macye ashize, uruhande rwa Leta ya DRC, rwongeye imbaraga mu nzira z’intambara, rukaza ibitero by’indege kimwe n’ibindi bitero byo mu kirere bigabwa mu bice bituwemo n’abaturage, ndetse bigahitana inzirakarenga zinyuranye.

Yatanze ingero z’ibi bikorwa byabayeho kuva muri Mutarama uyu mwaka, birimo icyabaye mu ntangiro z’uku kwezi mu Mujyi wa Goma cyahitanye umukozi w’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’abandi basivile babiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 12 =

Previous Post

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Related Posts

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

by radiotv10
27/03/2026
0

Mu bikorwa byo gushakisha imodoka yaguye muri Nyabarongo ku gice cyo mu Murenge wa Nyarusange mu Karere ka Muhanga n’uwari...

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

by radiotv10
27/03/2026
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda bwakiriye Abahagarariye mu Rwanda, inyungu za gisirikare (Defence Attachés), bubagezaho ikiganiro cyagarutse ku ishusho y’umutekano...

Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

by radiotv10
27/03/2026
0

Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo iravuga ko mu mezi abiri, ku bufatanye n’izindi nzego, mu bukangurambaga bwo gukumira no...

Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

by radiotv10
26/03/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro ry’ibigo by’imari iciriritse mu Rwanda (AMIR) ku bufatanye na Cordaid Rwanda burahamagarira ibigo by’imari bikorana n’abahinzi kongera imikoranire...

“Ntabwo dushaka kwigereranya na Kenya & Estonie  tunganya imbaraga” – Perezida wa FERWAFA 

“Ntabwo dushaka kwigereranya na Kenya & Estonie  tunganya imbaraga” – Perezida wa FERWAFA 

by radiotv10
26/03/2026
0

Umuyobozi w'Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, avuga ko imikino ya FIFA Series ari umwanya mwiza wo...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

by radiotv10
27/03/2026
0

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

27/03/2026
RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

27/03/2026
Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

27/03/2026
Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

26/03/2026
Undi muyobozi wo hejuru mu gisirikare cya Iran yishwe na Israel

Undi muyobozi wo hejuru mu gisirikare cya Iran yishwe na Israel

26/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.