Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko FDLR atari umutwe witwaje intwaro usanzwe nk’indi, kuko ari umutwe ushingiye ku ngengabitekerezo mbi washinzwe n’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda kandi ko iyo ngengabitekerezo itigeze ihinduka.
Ambasaderi Martin Ngoga yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 26 Werurwe 2026 mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano, yari yateranye yiga ku kibazo cyo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Yavuze ko amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC, atazanywe n’u Rwanda na gato, ahubwo ko ikibazo cy’u Rwanda cyamye ari umutwe wa FDLR n’ingengabitekerezo ya Jenoside ufite kandi ukaba ukomeje kuyikwirakwiza.
Yagize ati “FDLR si umutwe witwaje intwaro usanzwe. Ni umutwe ugambiriye jenoside, washinzwe n’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, kandi ingengabitekerezo yawo ya jenoside ntiyigeze ihinduka.”
Yavuze ko uyu mutwe wakomeje kuba impungenge ku Rwanda kubera intego yawo yo kugambirira kugirira nabi iki Gihugu cyanyuze mu majye akomeye cyatewe n’iyi ngengabitekerezo mbi ya Jenoside.
Yavuze ko imyaka 31 ishize habaye Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’uyu mutwe wa FDLR, ugifite umugambi wo kurangiza aya marorerwa bakoze, ku buryo nta muntu wari ukwiye gushidikanya ku nkomoko y’uyu mutwe. Ati “Uyu ni umutwe ugamije kurimbura abantu.”
Yakomeje agira ati “Mureke mbabwize ukuri, gukemura ikibazo cya FDLR ni ingenzi ku muti wizewe kandi urambye ku makimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC. Uyu mutwe ugomba kurandurwa n’ingengabitekerezo n’ibikorwa byawo nk’imvugo zibiba urwango bikarandurwa burundu.”

Amb. Martin Ngoga kandi yagarutse ku bibazo bireba Abanyekongo ubwabo, avuga ko bikwiye gushakirwa umuti bihereye mu mizi, kandi ko amasezerano n’ibiganiro by’i Doha hagati y’ubutegetsi bwa DRC na AFC/M23 byagombye gutangaza umusaruro, bityo ko bikwiye kubahirizwa.
Yavuze kandi ko kimwe n’amasezerano y’amahoro yasinywe hagati y’u Rwanda na DRC, kimwe n’ay’i Doha, bigomba kujyanirana, kandi ko bigenze uko haboneka agahenge karambye ndetse hakaboneka n’urubuga ryo gushaka umuti mu nzira za politiki.
Gusa yavuze ko mu mezi macye ashize, uruhande rwa Leta ya DRC, rwongeye imbaraga mu nzira z’intambara, rukaza ibitero by’indege kimwe n’ibindi bitero byo mu kirere bigabwa mu bice bituwemo n’abaturage, ndetse bigahitana inzirakarenga zinyuranye.
Yatanze ingero z’ibi bikorwa byabayeho kuva muri Mutarama uyu mwaka, birimo icyabaye mu ntangiro z’uku kwezi mu Mujyi wa Goma cyahitanye umukozi w’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’abandi basivile babiri.
RADIOTV10







