Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwameneye ibanga amahanga icyarufashije guhangana n’ikibazo kigeze kujegeza Isi

radiotv10by radiotv10
24/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwameneye ibanga amahanga icyarufashije guhangana n’ikibazo kigeze kujegeza Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko imbaraga zihariye zakoreshejwe n’ubuyobozi bw’iki Gihugu mu guhangana n’icyorezo cya COVID-19, ari umusaruro w’ibyo rwubatse mu rwego rw’ubuzima mu myaka icumi ishize, birimo kongera amavuriro n’umubare w’abakora mu buvuzi.

Byatangajwe na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, mu nama yabereye i Paris mu Bufaransa muri iki cyumweru, ku wa Gatanu tariki 23 Kamena 2023.

Muri iyi nama, abakuriye urwego rw’ubuzima mu Bihugu byabo, bavuze ko Ibihugu bikennye n’ibiri mu nzira y’amajyambere bifite urwego rw’ubuzima rucumbagira, kandi ko byigaragaje ubwo hadukaga icyorezo cya COVID-19, kigashegesha bikomeye ibyo Bihugu bikennye.

Kuri iyo ngingo, Minisitiri w’Intebe, Dr Edouad Ngirente; yagaragaje ko u Rwanda rwo rwitwaye neza mu guhangana n’iki cyorezo cya COVID-19, kandi ko byose rubikesha ibyubatswe mu myaka icumi ishize.

Yagize ati “Ibyo twakoze byatangiye gutanga umusaruro. Icizere cyo kubaho cyarazamutse mu myaka isaga 20 ishize, ariko hari n’ibindi bigaragaza iterambere ry’ubuvuzi.”

Yakomeje agira ati “Iyo ushaka guteza imbere ubuvuzi, ugomba kubanza gushyigikira icya mbere ari na cyo cy’ingenzi, ugomba kubanza kugira amavuriro ahagije kubera ko abaturage bariyongera. Icya kabiri ugomba kumenya ko ayo mavuriro afite ibikoresho. Ikindi abantu bajya bibagirwa; ni abakozi bashoboye, ushobora kugira amavuriro n’ibikoresho, ariko ntacyo wageraho udafite abakozi bashoboye. Ni yo mpamvu mu Rwanda dufite gahunda y’imyaka icumi yo guhugura abakora mu rwego rw’ubuzima. Buri mwaka twihaye intego y’umubare w’abakozi tugomba guhugura. Ndetse dukora n’ibishoboka byose kugira ngo iyi mikoranire idufashe kubigeraho.”

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat avuga ko ubu buryo bwakoreshejwe n’u Rwanda, bukwiye kwifashishwa n’ibindi Bihugu.

Yagize ati “Ntidushobora kugera ku iterambere tutabanje gushora imari mu rwego rw’ubuzima. COVID-19 yerekanye ko abaturage basaga miliyari imwe bawutuye badashobora gutera imbere mu gihe urwego rw’ubuzima rucumbagira. Nubwo hari ingamba zafashwe mu guteza imbere tugomba kunoza urwego rw’ubuzima.”

Akomeza agira ati “Nk’uko Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yabivuze, tugomba guhugura abakora muri urwo rwego. Tugomba no guhagarika gutumiza inkingo z’abaturage bacu basaga miliyari 1.4.”

Kuba bitaragera ku rwego rukenewe; Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus uyobora ishami ry’Umuryango w’Abimbumbye rishinzwe Ubuzima, avuga ko Ibihugu bitigeze bishyira ubuvuzi bw’ibanze mu byihutirwa.

Ati “Muri rusange hari ibyakozwe nubwo hakiri ibibazo byinshi. Urebye Ibihugu bikize ntibyigeze bishyira amafaranga menshi mu rwego rw’ubuzima. Bahugiye mu guteza imbere imishinga y’ikoranabuhanga na serivisi. Ariko igitangaje ni uko Ibihugu biri mu nzira y’amajyambere ari byo byagerageje guhangana na COVID-19 kubera ko byagerageje kubaka inzego z’ubuzima. Kubera ko ibyo bihugu bisanzwe byugarijwe n’ibiza birimo korera na Ebola.

Muri uru rugendo rwo kubaka ubuvuzi buhangana n’ibyorezo; Dr Akinwumi “Akin” Adesina ayobora Banki Nyafurika ishinzwe iterambere, avuga ko ubuvuzi bwo ku Mugabane wa Afurika bucumbarira.

Agaragaza ko 40% ya miliyari 1.4 z’abaturage ba Afurika bakora ingendo ndende bajya ku mavuriro, kandi na yo akaba atujuje ibisabwa.

Avuga ko 50% y’amavuriro yo mu Bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara atagira amazi n’ibikoresho by’isuku, ndetse n’afite amashanyarazi ni mbarwa.

Ibihugu byagaragaje ko u Rwanda rwabyitwayemo neza

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Habaye ibitunguranye ku isomwa ry’icyemezo cy’abarimo uwabaye Mayor wa Gasabo n’umunyemari Dubai

Next Post

Umushinga wa rutura wakunze guteza urunturuntu hagati y’Ibihugu bitatu wongeye kuzamurwa

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushinga wa rutura wakunze guteza urunturuntu hagati y’Ibihugu bitatu wongeye kuzamurwa

Umushinga wa rutura wakunze guteza urunturuntu hagati y’Ibihugu bitatu wongeye kuzamurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.