Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwameneye ibanga amahanga icyarufashije guhangana n’ikibazo kigeze kujegeza Isi

radiotv10by radiotv10
24/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwameneye ibanga amahanga icyarufashije guhangana n’ikibazo kigeze kujegeza Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko imbaraga zihariye zakoreshejwe n’ubuyobozi bw’iki Gihugu mu guhangana n’icyorezo cya COVID-19, ari umusaruro w’ibyo rwubatse mu rwego rw’ubuzima mu myaka icumi ishize, birimo kongera amavuriro n’umubare w’abakora mu buvuzi.

Byatangajwe na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, mu nama yabereye i Paris mu Bufaransa muri iki cyumweru, ku wa Gatanu tariki 23 Kamena 2023.

Muri iyi nama, abakuriye urwego rw’ubuzima mu Bihugu byabo, bavuze ko Ibihugu bikennye n’ibiri mu nzira y’amajyambere bifite urwego rw’ubuzima rucumbagira, kandi ko byigaragaje ubwo hadukaga icyorezo cya COVID-19, kigashegesha bikomeye ibyo Bihugu bikennye.

Kuri iyo ngingo, Minisitiri w’Intebe, Dr Edouad Ngirente; yagaragaje ko u Rwanda rwo rwitwaye neza mu guhangana n’iki cyorezo cya COVID-19, kandi ko byose rubikesha ibyubatswe mu myaka icumi ishize.

Yagize ati “Ibyo twakoze byatangiye gutanga umusaruro. Icizere cyo kubaho cyarazamutse mu myaka isaga 20 ishize, ariko hari n’ibindi bigaragaza iterambere ry’ubuvuzi.”

Yakomeje agira ati “Iyo ushaka guteza imbere ubuvuzi, ugomba kubanza gushyigikira icya mbere ari na cyo cy’ingenzi, ugomba kubanza kugira amavuriro ahagije kubera ko abaturage bariyongera. Icya kabiri ugomba kumenya ko ayo mavuriro afite ibikoresho. Ikindi abantu bajya bibagirwa; ni abakozi bashoboye, ushobora kugira amavuriro n’ibikoresho, ariko ntacyo wageraho udafite abakozi bashoboye. Ni yo mpamvu mu Rwanda dufite gahunda y’imyaka icumi yo guhugura abakora mu rwego rw’ubuzima. Buri mwaka twihaye intego y’umubare w’abakozi tugomba guhugura. Ndetse dukora n’ibishoboka byose kugira ngo iyi mikoranire idufashe kubigeraho.”

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat avuga ko ubu buryo bwakoreshejwe n’u Rwanda, bukwiye kwifashishwa n’ibindi Bihugu.

Yagize ati “Ntidushobora kugera ku iterambere tutabanje gushora imari mu rwego rw’ubuzima. COVID-19 yerekanye ko abaturage basaga miliyari imwe bawutuye badashobora gutera imbere mu gihe urwego rw’ubuzima rucumbagira. Nubwo hari ingamba zafashwe mu guteza imbere tugomba kunoza urwego rw’ubuzima.”

Akomeza agira ati “Nk’uko Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yabivuze, tugomba guhugura abakora muri urwo rwego. Tugomba no guhagarika gutumiza inkingo z’abaturage bacu basaga miliyari 1.4.”

Kuba bitaragera ku rwego rukenewe; Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus uyobora ishami ry’Umuryango w’Abimbumbye rishinzwe Ubuzima, avuga ko Ibihugu bitigeze bishyira ubuvuzi bw’ibanze mu byihutirwa.

Ati “Muri rusange hari ibyakozwe nubwo hakiri ibibazo byinshi. Urebye Ibihugu bikize ntibyigeze bishyira amafaranga menshi mu rwego rw’ubuzima. Bahugiye mu guteza imbere imishinga y’ikoranabuhanga na serivisi. Ariko igitangaje ni uko Ibihugu biri mu nzira y’amajyambere ari byo byagerageje guhangana na COVID-19 kubera ko byagerageje kubaka inzego z’ubuzima. Kubera ko ibyo bihugu bisanzwe byugarijwe n’ibiza birimo korera na Ebola.

Muri uru rugendo rwo kubaka ubuvuzi buhangana n’ibyorezo; Dr Akinwumi “Akin” Adesina ayobora Banki Nyafurika ishinzwe iterambere, avuga ko ubuvuzi bwo ku Mugabane wa Afurika bucumbarira.

Agaragaza ko 40% ya miliyari 1.4 z’abaturage ba Afurika bakora ingendo ndende bajya ku mavuriro, kandi na yo akaba atujuje ibisabwa.

Avuga ko 50% y’amavuriro yo mu Bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara atagira amazi n’ibikoresho by’isuku, ndetse n’afite amashanyarazi ni mbarwa.

Ibihugu byagaragaje ko u Rwanda rwabyitwayemo neza

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Habaye ibitunguranye ku isomwa ry’icyemezo cy’abarimo uwabaye Mayor wa Gasabo n’umunyemari Dubai

Next Post

Umushinga wa rutura wakunze guteza urunturuntu hagati y’Ibihugu bitatu wongeye kuzamurwa

Related Posts

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IMYIDAGADURO

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushinga wa rutura wakunze guteza urunturuntu hagati y’Ibihugu bitatu wongeye kuzamurwa

Umushinga wa rutura wakunze guteza urunturuntu hagati y’Ibihugu bitatu wongeye kuzamurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.