Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe neza, kandi atari we uzarota igihe cyo kubataramira kigeze.
Yabitangaje mu butumwa bw’amashusho yatanze ubwo yizihizaga isabukuru y’amavuko y’imyaka 58.
Yatangiye agira ati “Nari mbakumbuye cyane. Ibi bitumye ngaruka ku isabukuru y’amavuko yanjye. Uyu mwaka nakiriye impano ihebuje y’ubuzima bwanjye, nongeye kugira amahirwe yo kubabona, yo kongera kubataramira i Paris.”
Celine Dion ufite igitaramo azakora muri Nzeri uyu mwaka, avuga ko kuba bigiye kongera kubaho agataramira abantu, ari igitangaza kuri we.
Ati “Ndishimye bihebuje, ndumva niteguye kuzabikora, meze neza, ndakomeye, mfite amatsiko ariko nyine birumvikana mfite n’ubwoba ariko ikirenze byose, ni uko nshima Imana, nzishimira kongera kubabona.”
Celine Dion umaze igihe afite indwara ya SPS (Stiff-Person Syndrome), muri Gashyantare uyu mwaka, hagiye hanze amashusho amugaragaza ari mu bubabare bukomeye yaterwaga n’ubu burwayi.
Ni amashusho yo muri 2024, yafashwe ubwo yari mu bitaro arembye cyane, aho yagaragaraga ari kurira cyane, kubera ububabare yaterwaga n’iyi ndwara ifata mu bice by’ubwonko n’uruti rw’umugongo.
RADIOTV10











