Friday, July 17, 2026
RW|EN
IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe uko ubushomeri buhagaze mu Rwanda n’umubare w’abashomeri batari ku isoko ry’umurimo

Hagaragajwe uko ubushomeri buhagaze mu Rwanda n’umubare w’abashomeri batari ku isoko ry’umurimo

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare NISR cyagaragaje ku mu kwezi kwa Kamena uyu mwaka, ubushomeri mu Rwanda bwari ku gipimo cya 13,4% bigaragaza ko aho abantu barindwi bari, haba harimo umwe w’umushomeri. Abashomeri batari ku isoko ry’umurimo ni miliyoni 3,3 bangana na 37,9%.

Iyi mibare igaragazwa n’Ubushakashatsi ku bakozi n’abashomeri mu Rwanda, aho “bwerekana ko mu kwezi kwa 5 uyu mwaka, ubushomeri mu Rwanda bwari kuri 13,4%, bisobanuye ko umuntu umwe mu bantu barindwi bafite imyaka yo gukora yari umushomeri.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare kivuga ko nta mpinduka yabayeho ugereranyije n’ukwezi kwa gatanu kw’umwaka ushize wa 2025, kuko na bwo imibare y’ubushomeri mu Rwanda yasaga nk’iyi.

Ubu bushakashatsi bwerekana ko mu gihembwe cya kabiri cya 2026 (mu kwezi kwa Gicurasi 2026), umubare w’abantu bari bageze mu kigero cyo gukora (ni ukuvuga abafite imyaka guhera kuri 16 kuzamura), babarirwaga muri miliyoni 8 748 082.

Muri bo bari bagejeje igihe cyo gukora, abari bafite akazi ni 4 706 239. Muri aba bafite akazi, abakora muri serivisi ni bo benshi, kuko ari 44,7%, bagakurikirwa n’abakora ubuhinzi, bangana na 39,1%, mu gihe abakora mu ndanda ari 16,2%.

Naho abari abashomeri bari ku isoko ry’umurimo (Unemployed) bari 728 694 bangana na 13,4%. Muri aba bashomeri bari ku isoko ry’umurimo, harimo ababarirwa muri 51,2% bakora ubuhinzi bw’amaramuko, hakaba n’abandi bashomeri 48,7%.

Ibi bituma umubare w’abari ku isoko ry’umurimo bose, yaba abafite akazi n’abatagafite babarirwa muri 5 434 933, bangana na 62,1%.

Ni mu gihe abatari ku isoko ry’umurimo (Out of the labour force) kandi bafite imyaka yo gukora (16 kuzamura), bari 3 313 149, bangana na 37,9%.

Ubu bushakashatsi kandi bugaragaza ko muri aba batari ku isoko ry’umurumo, harimo abangana na 41,3% bakora ubuhinzi bw’amaramuko, hakaba abanyeshuri 25,8%, mu gihe abandi bangana na 32,9% ari abasaza n’abakecuru, abafite ubumuga, abacitse intege mu gushaka akazi, ndetse n’abandi.

NISR kandi yerekana ko mu myaka itanu ishize, umubare w’abafite akazi ku bagejeje gukora wagiye uzamuka, aho muri 2022 bari 41,8%, muri 2023 barazamuka bagera kuri 49,5%, muri 2024 igera kuri 52,0%, mu gihe mwaka ushize wa 2025 wageze kuri 53,8%, kimwe no muri uyu mwaka wa 2026 imibare ikaba ari 53,8%.

Ku badafite akazi bagejeje imyaka yo gukora, na bwo imibare yagiye igabanuka, kuko muri 2022 bari 23,0%, muri 2023 baramanuka bagera kuri 16,8%, muri 2024 na bwo imibare iguma kuri 16,8%, mu gihe mu mwaka ushize imibare y’abashomeri yagabanutse ikagera kuri 13,4% ari na yo bariho muri uyu mwaka wa 2026.

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =