Wednesday, February 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umupilote wari utwaye indege yaguye ku nkombe z’inyanja bitunguranye yashimiwe icyemezo yafashe

radiotv10by radiotv10
11/02/2026
in AMAHANGA
0
Umupilote wari utwaye indege yaguye ku nkombe z’inyanja bitunguranye yashimiwe icyemezo yafashe
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’indege muri Somalia yashimiye umupilote wayo wari utwaye indege yo mu bwoko bwa Fokker 50, ku cyemezo yafashe cyo kugwa hafi y’amazi ubwo indege yagiraga ikibazo cya tekiniki igasabwa kumanuka, ariko yagera hasi ikananirwa guhagarara.

Iyi ndege yari itwaye abagenzi n’abakozi bayo 55, bitunguranye yarenze umuhanda wayo ku kibuga cy’indege cya Somalia ku wa Kabiri, tariki ya 10 Gashyantare 2026, mu gihe yari yasabwe kugwa byihutirwa.

Ubuyobozi bushinzwe iby’indege za gisivili bwatangaje ko umupilote yamenyesheje ko indege yagize ikibazo hashize iminota 15 ihagurutse ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Aden Abdulle i Mogadishu, maze asaba uburenganzira bwo kugaruka. Yagerageje kugwa ku butaka, ariko igeze hasi inanirwa guhagarara, ari na bwo yafashe icyemezo cyo guhagarara ku nkombe z’amazi y’Inyanja y’u Buhinde.

Ku bw’amahirwe, nta muntu n’umwe mu bari bayirimo wakomeretse, nubwo iyi ndege yo mu bwoko bwa Fokker 50 yangiritse amababa yayo n’igice cy’imbere.

Umupilote wari utwaye iyi ndege yashimiwe ubuhanga n’ubwitonzi yakoresheje mu gufata icyemezo cyihuse cyo kugwa hafi y’amazi, ibyagize uruhare rukomeye mu kurokora abantu bari muri iyo ndege yari yerekeje mu mujyi wa Gaalkacyo uherereye mu majyaruguru ya Somalia.

Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’Indege ya Starsky Aviation, Ahmed Nur, yagize ati: “Uburyo umupilote yafashe ibyemezo byihuse kandi atuje byagize uruhare rukomeye mu gutuma abantu bose bari mu ndege bagira umutekano, kandi turamushima ku buryo yitwaye muri icyo kibazo.”

Yakomeje agira ati: “Twishimiye kumenya ko abagenzi n’abakozi bose bari mu ndege bameze neza. Iperereza rirakomeje kugira ngo hamenyekane icyateye ikibazo cya tekiniki cyatumye indege igwa byihutirwa.”

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) watangaje ko abashinzwe ubutabazi, ingabo za Afurika Yunze Ubumwe n’iz’Umuryango w’Abibumbye, bahise bihutira gutabara. Ubuyobozi muri Somalia na bwo bwavuze ko abari muri iyo ndege bose batekanye.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 9 =

Previous Post

Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC

Next Post

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Related Posts

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

by radiotv10
11/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Uganda (UPDF) bwemeje ko Maj. Gen. Deus Sande yitabye Imana ubwo yari mu rugendo agiye i Kampala...

Icyemezo cyatangajwe ku bagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo cyatangajwe ku bagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo ntikivugwaho rumwe

by radiotv10
11/02/2026
0

Umuyobozi wo mu nzego z’ibanze muri Zone ya Kirundo muri Komini ya Kirundo mu Ntara ya Butanyerera mu Burundi, yatangaje...

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

by radiotv10
10/02/2026
0

Igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23 cyungutse abasirikare b’abakomando 7 532 barangije imyitozo, binjijwe mu gisirikare mu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru wabo Maj...

Icyakurikiye imirwano hagati y’Abapolisi n’Abanya-Australia bigaragambya bamagana uruzinduko rwa Perezida wa Israel

Icyakurikiye imirwano hagati y’Abapolisi n’Abanya-Australia bigaragambya bamagana uruzinduko rwa Perezida wa Israel

by radiotv10
10/02/2026
0

Muri Australia, imyigaragambyo yo kwamagana uruzinduko rwa Perezida wa Israel, Isaac Herzog, muri iki Gihugu yakomeje, nyuma yuko habaye ubushyamirane...

Gen.Makenga reminds 7,500 new AFC/M23 commandos that the goal is to liberate the entire DRC

Gen.Makenga reminds 7,500 new AFC/M23 commandos that the goal is to liberate the entire DRC

by radiotv10
10/02/2026
0

Maj. Gen. Sultani Makenga reminded the 7,532 new AFC/M23 commandos that the coalition’s goal is to liberate the entire Democratic...

IZIHERUKA

Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10
FOOTBALL

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

by radiotv10
11/02/2026
0

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

11/02/2026
Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

11/02/2026
Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

11/02/2026
Umupilote wari utwaye indege yaguye ku nkombe z’inyanja bitunguranye yashimiwe icyemezo yafashe

Umupilote wari utwaye indege yaguye ku nkombe z’inyanja bitunguranye yashimiwe icyemezo yafashe

11/02/2026
Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC

Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC

11/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.