Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

radiotv10by radiotv10
11/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hasohotse inkuru yemeza ko Erik Prince washinzwe umutwe wa Blackwater w’abarwanyi b’abacancuro yohereje bamwe na drone muri DRC, Minisitiri Olivier Nduhungirehe yibukije ko ikoreshwa ry’abacancuro ryakomeje kuranga buriya butegetsi bwa DRC, ari ugusuzugura Umuryango Mpuzamahanga bityo ko udakwiye gukomeza kubirebera.

Inkuru y’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters, ivuga ko “uwashinze Blackwater Erik Prince yohereje umutwe wihaririye ushinzwe gukoresha drones no gufasha igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kurinda Umujyi wa Uvira.”

Reuters ivuga ko ibi byemejwe n’abantu bane boherejwe muri ubu butumwa, ivuga kandi ko uyu Erik Prince asanzwe yarahawe akazi n’ubutegetsi bwa Kinshasa kugira ngo abufashe mu by’umutekano no kubungabunga ibikorwa byo gukusanya imisoro iva mu bucukuzi buhambaye bw’amabuye y’agaciro.

Iki kiyamakuru kandi kivuga ko iyoherezwa ry’abarwanyi b’uyu mutwe mu Mujyi wa Uvira uherutse kurekurwa na AFC/M23, ari igikorwa kibaye icya mbere kigiye hanze cy’abarwanyi bihariye ba Erik Prince muri Congo.

Reuters ivuga ko umuvugizi wa Prince yanze kugira icyo avuga kuri iyi misiyo yoherejemo abarwanyi be muri Congo, ndetse na Perezisansi ya DRC kimwe n’Umuvugizi wa FARDC, bakaba banze gusubiza ibyo babajijwe n’iki kinyamakuru kuri iyi misiyo.

Gusa kivuga ko “umwe mu batanze amakuru, usanzwe akomeye mu buyobozi bw’igisirikare muri Congo, kuba hari abarwanyi bafite aho bahuriye na Leta Zunze Ubumwe za America, bishobora kubera ikibazo abarwanyi ba AFC/M23 bashobora kuba batifuza kurwana byeruye n’abarwanyi ba Prince.”

 

Minisitiri Nduhungirehe yabyamaganye

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije ubutegetsi bwa Congo ko ibi byo gukoresha abacancuro binyuranyije n’amahame mpuzamahanga.

Yagize ati “Ndashaka kwibutsa ko gukoresha abacancuro b’abanyamahanga, byakunze kuranga Guverinoma ya DRC ari ugusuzugura Umuryango Mpuzamahanga, barenga ku masezerano ya OUA [yahoze ari Ubumwe bwa Afurika ubu ni Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe] yo kurandura ubucancuro muri Afurika, yemerejwe i Libreville tariki 03 Nyakanga 1977.”

Nduhungirehe kandi yavuze ko ibi bikorwa bihabanye “n’amasezerano mpuzamahanga abuza kwinjiza, gukoresha, gutera inkunga no gutoza abacancuro, yatorewe mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yateranye tariki 04 Ukuboza 1989 (umwanzuro wa 44/34).”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, yibajije niba Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ndetse n’Umuryango mpuzamahanga bazakomeza kurebera hakomeza kubaho ibikorwa byo guhonyora amategeko mpuzamahanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 1 =

Previous Post

Abakomeje kwinangira gukoresha ihererekanya ry’ibinyabiziga mu Rwanda bongeye kuburirwa

Next Post

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.