Thursday, February 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

radiotv10by radiotv10
12/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbuye muri DRC (MONUSCO) bwatangaje ko Vivian van de Perre, Intumwa Yihariye y’Umunyabanga Mukuru w’uyu Muryango, akaba n’Umuyobozi w’Agateganyo w’ubu butumwa, agirira uruzinduko i Goma rugamije gushyigikira no kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge.

Vivian van de Perre ugira uru ruzinduko kuri uyu wa Kane tariki 12 Gashyantare 2026, aragera i Goma akoresheje uburyo bw’indege, ku Kibuga cy’Indege cya Goma kimaze igihe kidakora kuva muri Mutarama 2025.

MONUSCO ivuga ko ibi biza kuba ari ingambwe ikomeje nyuma y’ihungabana ry’ibikorwa by’ikibuga cy’Indege cya Goma kitakoraga kuva muri Mutarama umwaka ushize.

Uruzinduko rw’uyu muyobozi w’ubutumwa bwa Loni rurarangwa n’ibikorwa binyuranye, birimo ibiganiro agirana n’abafatanyabikorwa mu rwego rwo kwihutisha ibikorwa by’urwego rwashinzwe kugezura iyubahirizwa ry’amasezerano hagati y’iri Huriro na Guverinoma ya DRC.

Ni uruzinduko kandi rubaye nyuma yuko Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, kemeje ko MONUSCO ishyigikira ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge ko guhagarika imirwano.

MONUSCO izatanga ubufasha burimo ubwo muri tekiniki n’ibikoresho binyuze mu Nama Mpuzamahanga y’Akarere k’Ibiyaga Bigari bizashyirwa mu bikorwa n’Urwego rwagutse rwa gisirikare rushinzwe ubugenzuzi ruzwi nka EJVM.

Vivian van de Perre yagize ati “Ngiye i Goma njyanywe no gushyigikira imyiteguro yo gukurikirana no kugenzura ihagarikwa ry’imirwano, ngendeye cyane ku miterere ya gahunda z’ababishinzwe gukurikirana agahenge barimo EJVM+.”

Ikibuga cy’Indege cya Goma kiza kugwaho indege izanye uyu Muyobozi, cyaherukaga gukoreshwa muri Mutarama mbere yuko Ihuriro AFC/M23 rifata umujyi wa Goma, wafashwe nyuma y’imirwano ikomeye irimo n’iyabereye kuri iki Kibuga igasiga cyangiritse bikomeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Batunguwe no gusanga abanyeshuri barimo uwiga mu mashuri abanza mu kabari k’inzoga zitemewe

Related Posts

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

by radiotv10
11/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Uganda (UPDF) bwemeje ko Maj. Gen. Deus Sande yitabye Imana ubwo yari mu rugendo agiye i Kampala...

Umupilote wari utwaye indege yaguye ku nkombe z’inyanja bitunguranye yashimiwe icyemezo yafashe

Umupilote wari utwaye indege yaguye ku nkombe z’inyanja bitunguranye yashimiwe icyemezo yafashe

by radiotv10
11/02/2026
0

Sosiyete y’indege muri Somalia yashimiye umupilote wayo wari utwaye indege yo mu bwoko bwa Fokker 50, ku cyemezo yafashe cyo...

Hatangajwe ukekwaho kugaba igitero cyahitanye abantu 9 ku ishuri muri Canada

Hatangajwe ukekwaho kugaba igitero cyahitanye abantu 9 ku ishuri muri Canada

by radiotv10
11/02/2026
0

Polisi ya Canada (RCMP) yatangaje ko abantu icyenda bishwe mu gitero cy’amasasu cyabereye ku ishuri ryisumbuye rya Tumbler Ridge, mu...

Icyemezo cyatangajwe ku bagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo cyatangajwe ku bagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo ntikivugwaho rumwe

by radiotv10
11/02/2026
0

Umuyobozi wo mu nzego z’ibanze muri Zone ya Kirundo muri Komini ya Kirundo mu Ntara ya Butanyerera mu Burundi, yatangaje...

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

by radiotv10
10/02/2026
0

Igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23 cyungutse abasirikare b’abakomando 7 532 barangije imyitozo, binjijwe mu gisirikare mu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru wabo Maj...

IZIHERUKA

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?
AMAHANGA

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

by radiotv10
12/02/2026
0

Batunguwe no gusanga abanyeshuri barimo uwiga mu mashuri abanza mu kabari k’inzoga zitemewe

Batunguwe no gusanga abanyeshuri barimo uwiga mu mashuri abanza mu kabari k’inzoga zitemewe

12/02/2026
Intumwa z’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya RDF zasuye Kaminuza y’Igisirikare cya Kazakhstan

Intumwa z’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya RDF zasuye Kaminuza y’Igisirikare cya Kazakhstan

12/02/2026
Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

12/02/2026
Haravugwa isezera ry’abandi bakozi ba Rayon Sports

Haravugwa isezera ry’abandi bakozi ba Rayon Sports

12/02/2026
Umugore wa rutahizamu Lewandowski akomeje intego ye yo kumufasha kugumana umubiri wubakitse

Umugore wa rutahizamu Lewandowski akomeje intego ye yo kumufasha kugumana umubiri wubakitse

12/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

Batunguwe no gusanga abanyeshuri barimo uwiga mu mashuri abanza mu kabari k’inzoga zitemewe

Intumwa z’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya RDF zasuye Kaminuza y’Igisirikare cya Kazakhstan

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.