Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
12/02/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa filimi Kalisa Ernest wamenyekanye nka Samusure, wari umaze imyaka ine ari muri Mozambique, yagarutse mu Rwanda, yakiranwa urugwiro n’inshuti n’abavandimwe biganjemo abo bakinanye muri sinema Nyarwanda.

Samusure yagiye muri Mozambique muri 2022, aho byavuzwe ko mu byo yari yarahunze harimo n’amadeni yari afitiye abantu.

Uyu mugabo uzwi muri filimi zinyuranye zirimo n’izo yari yarashoyemo imari, yageze ku Kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe kuri uyu wa Kane tariki 12 Gashyantare 2026.

Samusure, ubwo yageraga ku kibuga cy’indege yakiriwe n’inshuti n’abavandimwe barimo n’abo bakinanye muri filimi, bamugaragarije ibyishimo byo kongera kumubona, banamuha ikaze mu Gihugu cyamwibarutse. Mu bamwakiriye kandi barimo umubyeyi we [Nyina] n’abandi bo mu muryango we.

Uyu mukinnyi wa Filimi wamenyekanye ku mazina atandukanye nka Samusure, Rulinda na Makuta, yari yavuye mu Rwanda, aho yavuze ko yagiye ahunze kubera amadeni yafashe kugira ngo akine filimi ye yitwa ’Makuta’.

Kalisa Ernest AKA Samusure geze mu Rwanda yarabanje kubitangaza, dore ko mu ntangiro z’uku kwezi yari yatangaje ko kuri iyi tariki ya 12, ari bwo azagera mu Rwanda, nyuma yuko yabanje gukemura bimwe mu bibazo by’amadeni yari afitiye abantu.

Samusure wageze mu Rwanda abanje gukora urugendo rurerure anyuze muri Qatar, yavuze ko bitari byoroshye kandi ko ashimira abantu bamufashije.

Yagize ati “Ikindi ndashimira n’umutima wanjye kuko iyo ntawugira ntabwo nari kugira igitekerezo cyo kwitabaza abantu ngo bamfashe kwishyura ibyari byatumye ngenda, kandi narabikoze, n’ibitarakunda bizakunda kubera abantu n’Imana.”

Mbere yo kuza, Samusure yumvikanye atabaza abantu ngo bamufashe kwishyura abo yari afitiye amadeni, ndetse bamwe barimo n’abafite amazina azwi mu myidagaduro mu Rwanda, batanga inkunga zabo kugira ngo bafashe uyu mugabo ngo agaruke.

Avuga ko kuba agarutse mu Gihugu cyamwibarutse, ari iby’agaciro gakomeye. Ati “Buriya ntakirita iwabo w’umuntu aho wajya aho ari ho hose, niyo waba uri mu cyogajuru, nta hantu hashobora kukurutira iwanyu. Nk’ubu ngubu sinzi niba hari ikindi Gihugu nshobora kwinjiramo ngo mbone abantu bampobera gutya, nari maze igihe ntahoberwa.”

Samusure avuga ko ibibazo yanyuzemo n’uburyo abantu bamufashije kubisohokamo, byamusigiye isomo rimwibutsa ko ubuzima ari ukugira inshuti no kubana neza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 10 =

Previous Post

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

Next Post

Imibare y’abagizweho ingaruka n’inkubi idasanzwe muri Madagascar ikomeje gutumbagira

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imibare y’abagizweho ingaruka n’inkubi idasanzwe muri Madagascar ikomeje gutumbagira

Imibare y'abagizweho ingaruka n'inkubi idasanzwe muri Madagascar ikomeje gutumbagira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.