Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwana usoma ibitabo mu ishuri arigaragaza…Umwe muri bo yatanze ubuhamya

radiotv10by radiotv10
16/11/2021
in MU RWANDA
0
Umwana usoma ibitabo mu ishuri arigaragaza…Umwe muri bo yatanze ubuhamya
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu barezi bemeza ko abana basoma ibitabo baba bigaragaza mu ishuri kubera imitsindire yabo iba itandukanye n’iy’abatabikora kuko abasoma baba batsinda ku kigero cyo hejuru ugereranyije n’abadasoma.

Abarimu batangaje ibi ubwo Urwunge rw’Amashuri rwa Nyamata Catholique rwahawe inkunga y’ibitabo byo gusoma n’Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga (USAID).

Mukarindiro Marie Goreth umwe mu barezi avuga ko gutiza ibitabo abana bakabitahana biri muri gahunda yabo ndetse biteze ko bizakomeza kuzamura imyigire y’abana mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Uyu murezi avuga ko umwana wasomye igitabo, yigaragaza mu ishuri kuko akurikira amasomo ndetse akanatsinda cyane ugereranyije n’utagisomye.

Umwe mu bana biga kuri ririya shuri, avuga ko gusoma byamufashije kwitwara neza mu ishuri kuko yabyungukiyemo ubumenyi bwinshi bwagiye bumukarishya ubwenge.

Yagize ati “Cyera sinagiraga amanota meza ariko kubera nsigaye nkunda gusoma igitabo nabaye uwa gatandatu, ninkomeza gutyo nshaka ko nzaba uwa mbere.”

Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga (USAID) cyatanze biriya bitabo, muri 2016 cyatangije umushinga ‘Soma Umenye’ wagize uruhare rukomeye mu gukundisha abana gusoma.

Nubwo uyu mushinga uzarangirana n’uyu mwaka wa 2021, USAID ivuga ko izakomeza gushyigikira ubumenyi bw’ibanze bwo gusoma no kwandika mu Rwanda binyuze mu mishinga ibiri mishya y’imyaka itanu izatangira mu mwaka wa 2022.

Gukundisha abana gusoma ni bimwe mu bibategura kuzavamo abanyabwenge
Bamwe mu bana basoma bavuga ko byabafashije kwitwara neza mu ishuri

Umwana wasomye ubundi agakina imikino y’abana aratsinda
USAID mu mwaka utaha izatangiza indi mishinga igamije gukundisha abana gusoma

Denyse MBABAZI
Radio&TV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 3 =

Previous Post

Rayon Sports yatsinze ibitego 8: Twibukiranye bimwe mu byaranze itariki nk’iyi ya 16/11

Next Post

Caleb wabaye PS muri MINECOFIN wakatiwe imyaka 6 yabwiye Urukiko ibibazo yagiriye muri Gereza

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Caleb wabaye PS muri MINECOFIN wakatiwe imyaka 6 yabwiye Urukiko ibibazo yagiriye muri Gereza

Caleb wabaye PS muri MINECOFIN wakatiwe imyaka 6 yabwiye Urukiko ibibazo yagiriye muri Gereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.