Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwana usoma ibitabo mu ishuri arigaragaza…Umwe muri bo yatanze ubuhamya

radiotv10by radiotv10
16/11/2021
in MU RWANDA
0
Umwana usoma ibitabo mu ishuri arigaragaza…Umwe muri bo yatanze ubuhamya
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu barezi bemeza ko abana basoma ibitabo baba bigaragaza mu ishuri kubera imitsindire yabo iba itandukanye n’iy’abatabikora kuko abasoma baba batsinda ku kigero cyo hejuru ugereranyije n’abadasoma.

Abarimu batangaje ibi ubwo Urwunge rw’Amashuri rwa Nyamata Catholique rwahawe inkunga y’ibitabo byo gusoma n’Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga (USAID).

Mukarindiro Marie Goreth umwe mu barezi avuga ko gutiza ibitabo abana bakabitahana biri muri gahunda yabo ndetse biteze ko bizakomeza kuzamura imyigire y’abana mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Uyu murezi avuga ko umwana wasomye igitabo, yigaragaza mu ishuri kuko akurikira amasomo ndetse akanatsinda cyane ugereranyije n’utagisomye.

Umwe mu bana biga kuri ririya shuri, avuga ko gusoma byamufashije kwitwara neza mu ishuri kuko yabyungukiyemo ubumenyi bwinshi bwagiye bumukarishya ubwenge.

Yagize ati “Cyera sinagiraga amanota meza ariko kubera nsigaye nkunda gusoma igitabo nabaye uwa gatandatu, ninkomeza gutyo nshaka ko nzaba uwa mbere.”

Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga (USAID) cyatanze biriya bitabo, muri 2016 cyatangije umushinga ‘Soma Umenye’ wagize uruhare rukomeye mu gukundisha abana gusoma.

Nubwo uyu mushinga uzarangirana n’uyu mwaka wa 2021, USAID ivuga ko izakomeza gushyigikira ubumenyi bw’ibanze bwo gusoma no kwandika mu Rwanda binyuze mu mishinga ibiri mishya y’imyaka itanu izatangira mu mwaka wa 2022.

Gukundisha abana gusoma ni bimwe mu bibategura kuzavamo abanyabwenge
Bamwe mu bana basoma bavuga ko byabafashije kwitwara neza mu ishuri

Umwana wasomye ubundi agakina imikino y’abana aratsinda
USAID mu mwaka utaha izatangiza indi mishinga igamije gukundisha abana gusoma

Denyse MBABAZI
Radio&TV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 5 =

Previous Post

Rayon Sports yatsinze ibitego 8: Twibukiranye bimwe mu byaranze itariki nk’iyi ya 16/11

Next Post

Caleb wabaye PS muri MINECOFIN wakatiwe imyaka 6 yabwiye Urukiko ibibazo yagiriye muri Gereza

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year
IMIBEREHO MYIZA

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Caleb wabaye PS muri MINECOFIN wakatiwe imyaka 6 yabwiye Urukiko ibibazo yagiriye muri Gereza

Caleb wabaye PS muri MINECOFIN wakatiwe imyaka 6 yabwiye Urukiko ibibazo yagiriye muri Gereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.