Friday, August 14, 2026
RW|EN
Uncategorized

Urugo rw’ibyamamare nyarwanda Muyango na Kimenyi rwatangiye inzira ya ‘Divorce’ binyuze mu Nkiko

Urugo rw’ibyamamare nyarwanda Muyango na Kimenyi rwatangiye inzira ya ‘Divorce’ binyuze mu Nkiko

Uwahoze ari umunyezamu w’Amavubi wanakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda, Kimenyi Yves, n’umugore we Uwase Muyango, wamenyekanye cyane nyuma yo kwitabira irushanwa rya Miss Rwanda 2019, batangiye kuburana urubanza rwo gutandukana mu mategeko (divorce).

Kuri uyu wa Gatanu, aba bombi bitabye Urukiko rwa Kibagabaga, aho urubanza rwabo rwatangiye kuburanishwa mu muhezo. Nubwo urubanza rutabereye mu ruhame, Kimenyi na Muyango bagaragaye mu rukiko bicaye hamwe baganira mu ituze.

Gutangira uru rubanza bikurikiye amakuru yari amaze igihe avugwa ko aba bombi batakibana.

Kimenyi na Muyango basezeranye imbere y’amategeko muri Mutarama 2024, nyuma bakora ubukwe ku wa 6 Mutarama 2024, bwitabirwa n’abantu batandukanye barimo ibyamamare.

Urukundo rwabo rwatangiye kuvugwa cyane mu 2019, ubwo Kimenyi Yves yakinanaga mu makipe akomeye mu Rwanda, naho Uwase Muyango akaba yari amaze kwamamara nk’uwabaye Miss Photogenic muri Miss Rwanda 2019.

Muri Gashyantare 2021, Kimenyi yambitse Muyango impeta y’urukundo imusaba kuzamubera umugore, undi arabimwemerera.

Mbere yo gukora ubukwe, bombi bibarutse umwana w’umuhungu bise Kimenyi Miguel Yanis, wavutse muri Kanama 2021.

Mu mpera za 2023 batangaje gahunda yo gukora ubukwe, banategura imihango yabubanjirije irimo uwo gusezera ku bukumi. Mu ntangiriro za 2024, basezeraniye muri Living Word Church, basezeranywa na Bishop Karemera Emmanuel.

Nyuma y’imyaka irenga ibiri babana nk’umugore n’umugabo, ubu Kimenyi Yves na Uwase Muyango batangiye inzira yo gusesa isezerano ryabo ry’ubushyingiranwa mu mategeko.

Mu ntangiro za 2024 Muyango na Kimenyi bari basezeranye imbere y’amategeko

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =