Saturday, February 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi

radiotv10by radiotv10
21/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko uruzinduko rwa Komiseri mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Hadja Lahbib; rwasize ibyemezo binyuranye birimo irekurwa ry’abasirikare 230 ba FARDC bavurwaga n’iri Huriro, rinashyikirizwa abana n’abagore 140 bari barashyizwe mu gisirikare na FARDC.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na AFC/M23 nyuma yuko Nangaa agiranye ibiganiro n’uyu Komiseri uri mu ruzinduko mu karere, aho yagiye i Goma avuye mu Rwanda.

AFC/M23 ivuga ko muri ibi biganiro byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Gashyantare, Hadja Lahbib yashimangiye akamaro ko k’ubufatanye hagati ya AFC/M23 n’Umuryango w’Ubutabazi kugira ngo Abanyekongo bagerweho n’ubutabazi bakeneye.

Yanavuze ko hafungurwa inzira z’ubutabazi, hagashyirwaho Komite Ihuriweho ya Tekiniki, n’ibyo yiteze ku bijyanye no gufungura ikibuga cy’indege cya Goma.

Corneille NANGAA YOBELUO na we yizeje Komiseri muri uyu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ubufatanye bukomeye hagati y’iri huriro ndetse n’umuryango w’ubutabazi.

Yavuze ko mu mwaka umwe iri huriro rimaze riyobora kariya gace, hari impinduka zigaragara zabayeho, harimo kubungabunga umutekano, gufunga inkambi z’abakuwe mu byabo (usibye i Kamanyola, aho abaherutse kugera baturutse muri Uvira bahurijwe), gusenya ibirindiro byose byari byarashinzwe na Wazalendo, FARDC, na FDLR, no gucyura abantu barenga miliyoni 1,2 bakuwe mu byayo bari bacumbikiwe hafi ya Goma, basubira mu bice byabo.

AFC/M23 ivuga ko “Ibi byatumye umusaruro w’ibiribwa wiyongera muri ako gace.”

Hadja Lahbib i Goma, AFC/M23 yanayoboye igikorwa cyo kurekura abana 40 n’abagore bagera ku 100 bari barashyizwe mu gisirikare na FARDC bashyikirizwa AFC/M23 kugira ngo babone uko basubira mu miryango yabo.

AFC/M23 kandi yashyikirije Komiseri w’Uburayi abasirikare 230 ba FARDC bakomerekeye mu ntambara, bari kuvurwa na AFC/M23 mu bitaro bya gisirikare bya Katindo, kugira ngo bongere kubonana n’imiryango yabo.

AFC/M23 iyi “Ibiganiro bya tekiniki bizakomeza mu minsi iri imbere kugira ngo hakomeze guhagarara neza ubufatanye hagati ya AFC/M23 n’umuryango w’ubutabazi ukorera mu karere kabohowe.”

AFC/M23 yashimiye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, binyuze kuri Komiseri, ku nkunga nyinshi yagaragarije abaturage ba Congo muri iki gihe gikomeye.

Hadja Lahbib yagiranye ibiganiro n’umuhuzabikorwa wa AFC/M23
Yasuye ibikorwa binyuranye i Goma
Yanasuye ibitaro bivurirwamo inkomere za FARDC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

The End of Passwords: Welcome to the Age of Biometric Security

Related Posts

AFC/M23 iragaya amahanga uko akomeje kwitwara ku biri kubera mu bice birimo Minembwe

AFC/M23 iragaya amahanga uko akomeje kwitwara ku biri kubera mu bice birimo Minembwe

by radiotv10
20/02/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ribabajwe no kubona umuryango mpuzamahanga ukomeje kuruca...

Umudepite muri Tunisia yakatiwe gufungwa amezi umunani kubera ubutumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga

Umudepite muri Tunisia yakatiwe gufungwa amezi umunani kubera ubutumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
20/02/2026
0

Urukiko rwo muri Tunisia rwakatiye umudepite igifungo cy’amezi umunani kubera ubutumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga asebya Perezida Kais Saied, nyuma...

Agezweho: Murumuna w’Umwami w’u Bwongereza wari watawe muri yombi yarekuwe

Agezweho: Murumuna w’Umwami w’u Bwongereza wari watawe muri yombi yarekuwe

by radiotv10
20/02/2026
0

Uwahoze ari igikomangoma cy’u Bwongereza, Andrew Mountbatten-Windsor, murumuna w’Umwami Charles III, yarekuwe n’inzego z’umutekano nyuma yo gutabwa muri yombi akekwaho...

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 condemns International Community’s silence over massacres in Minembwe and other areas

by radiotv10
20/02/2026
0

The AFC/M23 coalition expressed its deep concern over the persistent, deliberate and sustained silence of the international community regarding the...

3 Simple Ways to Live With a Health Condition That Doesn’t Go Away

3 Simple Ways to Live With a Health Condition That Doesn’t Go Away

by radiotv10
20/02/2026
0

Living with a health condition that doesn’t go away can be exhausting. Some days you feel strong. Other days, even...

IZIHERUKA

Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi
AMAHANGA

Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi

by radiotv10
21/02/2026
0

The End of Passwords: Welcome to the Age of Biometric Security

The End of Passwords: Welcome to the Age of Biometric Security

21/02/2026
Dore icyo urwego rwa Leta muri Uganda rwabwiye Umuhanzikazi wavuze ko yahundagajweho amafaranga

Dore icyo urwego rwa Leta muri Uganda rwabwiye Umuhanzikazi wavuze ko yahundagajweho amafaranga

20/02/2026
Rutsiro: Bizejwe ibitangaza nabo bicinya icyara ko bagiye gukira none ubukene n’inzara birabarembeje

Umugabo n’umugore bari bagiye gushakisha imibereho batahiye ku nkuru y’icamugongo y’abana babo bapfuye

20/02/2026
Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’Amavubi yasezeye burundu ruhago anatangaza ibyo yerecyejemo

Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’Amavubi yasezeye burundu ruhago anatangaza ibyo yerecyejemo

20/02/2026
Ibyakurikiye ikibazo cy’umugabo wasanze undi amuca inyuma n’umugore we iwe kuri ‘Saint Valentin’

Ibyakurikiye ikibazo cy’umugabo wasanze undi amuca inyuma n’umugore we iwe kuri ‘Saint Valentin’

20/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi

The End of Passwords: Welcome to the Age of Biometric Security

Dore icyo urwego rwa Leta muri Uganda rwabwiye Umuhanzikazi wavuze ko yahundagajweho amafaranga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.