Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi

radiotv10by radiotv10
22/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko uruzinduko rwa Komiseri mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Hadja Lahbib; rwasize ibyemezo binyuranye birimo irekurwa ry’abasirikare 230 ba FARDC bavurwaga n’iri Huriro, rinashyikirizwa abana n’abagore 140 bari barashyizwe mu gisirikare na FARDC.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na AFC/M23 nyuma yuko Nangaa agiranye ibiganiro n’uyu Komiseri uri mu ruzinduko mu karere, aho yagiye i Goma avuye mu Rwanda.

AFC/M23 ivuga ko muri ibi biganiro byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Gashyantare, Hadja Lahbib yashimangiye akamaro ko k’ubufatanye hagati ya AFC/M23 n’Umuryango w’Ubutabazi kugira ngo Abanyekongo bagerweho n’ubutabazi bakeneye.

Yanavuze ko hafungurwa inzira z’ubutabazi, hagashyirwaho Komite Ihuriweho ya Tekiniki, n’ibyo yiteze ku bijyanye no gufungura ikibuga cy’indege cya Goma.

Corneille NANGAA YOBELUO na we yizeje Komiseri muri uyu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ubufatanye bukomeye hagati y’iri huriro ndetse n’umuryango w’ubutabazi.

Yavuze ko mu mwaka umwe iri huriro rimaze riyobora kariya gace, hari impinduka zigaragara zabayeho, harimo kubungabunga umutekano, gufunga inkambi z’abakuwe mu byabo (usibye i Kamanyola, aho abaherutse kugera baturutse muri Uvira bahurijwe), gusenya ibirindiro byose byari byarashinzwe na Wazalendo, FARDC, na FDLR, no gucyura abantu barenga miliyoni 1,2 bakuwe mu byayo bari bacumbikiwe hafi ya Goma, basubira mu bice byabo.

AFC/M23 ivuga ko “Ibi byatumye umusaruro w’ibiribwa wiyongera muri ako gace.”

Hadja Lahbib i Goma, AFC/M23 yanayoboye igikorwa cyo kurekura abana 40 n’abagore bagera ku 100 bari barashyizwe mu gisirikare na FARDC bashyikirizwa AFC/M23 kugira ngo babone uko basubira mu miryango yabo.

AFC/M23 kandi yashyikirije Komiseri w’Uburayi abasirikare 230 ba FARDC bakomerekeye mu ntambara, bari kuvurwa na AFC/M23 mu bitaro bya gisirikare bya Katindo, kugira ngo bongere kubonana n’imiryango yabo.

AFC/M23 iyi “Ibiganiro bya tekiniki bizakomeza mu minsi iri imbere kugira ngo hakomeze guhagarara neza ubufatanye hagati ya AFC/M23 n’umuryango w’ubutabazi ukorera mu karere kabohowe.”

AFC/M23 yashimiye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, binyuze kuri Komiseri, ku nkunga nyinshi yagaragarije abaturage ba Congo muri iki gihe gikomeye.

Hadja Lahbib yagiranye ibiganiro n’umuhuzabikorwa wa AFC/M23
Yasuye ibikorwa binyuranye i Goma
Yanasuye ibitaro bivurirwamo inkomere za FARDC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + sixteen =

Previous Post

Ubutumwa bukora ku mutima bwa nyuma umukinnyi wa filimi Eric Dane yageneye abakobwa be mbere yuko apfa

Next Post

Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy'u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.