Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Mugimba woherejwe n’u Buholandi yahamijwe ibyaha bya Jenoside akatirwa imyaka 25

radiotv10by radiotv10
17/03/2022
in Uncategorized
0
Mugimba woherejwe n’u Buholandi yahamijwe ibyaha bya Jenoside akatirwa imyaka 25
Share on FacebookShare on Twitter

Jean Baptiste Mugimba wabaye umukozi wa Banki Nkuru y’u Rwanda mbere ya Jenoside, woherejwe n’u Buholandi kugira ngo abaranishirizwe mu Rwanda ku byaha bya Jenoside, yabihamijwe n’Urukiko, rumukatira gufungwa imyaka 25.

Urugero rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rwasomye umwanzuro warwo kuri uyu wa Kane tariki 17 Werurwe 2022, ku cyicaro cyarwo giherereye i Nyanza mu Majyepfo.

Urukiko rwagarutse kuri bimwe mu byaburanyweho, rwavuze ko ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha ndetse n’isesengura ryakozwe, byagaragaje ko uyu Mugimba Jean Baptiste w’imyaka 66 yaragize uruhare muri Jenoside.

Urukiko rwavuze ko uyu mugabo wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’agateganyo w’ishyaka rya CDR, iwe mu rugo aho yari atuye habereye inama zateguraga Jenoside ndetse zigakorerwamo urutonde rw’Abatutsi bagombaga kwicwa muri Komini Nyakabanda mu Mujyi wa Kigali.

Ibi bikorwa biniyongeraho n’inama zo gukusanya ibikoresho byo guha Interahamwe, bigize icyaha cyo gucura umugambi wa Jenoside, akaba yagihamijwe n’Urukiko.

Jean Baptiste Mugimba n’umwunganira mu mategeko, bo basabaga Urukiko gutesha agaciro ubuhamya bwatanzwe na bamwe mu batangabuhamya bamushinje kuko ngo na bo bahamijwe Jenoside ndetse ngo abandi bakaba barashakaga kwigarurira imitungo ye.

Urukiko rwavuze ko ibi bidafite ishingiro kuko nta bimenyetso yabigaragarije kandi ko kuba abahamijwe Jenoside batanga ubuhamya ntakibazo kirimo kuko babyemererwa n’amategeko.

Mugimba woherejwe n’u Buholandi mu kwezi k’Ugushyingo 2016, kugira ngo aburanishirizwe mu Rwanda, yahamijwe bimwe mu byaha akekwaho, akatirwa gufungwa imyaka 25.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 4 =

Previous Post

Imwe mu ngamba zo kwirinda COVID mu Rwanda yakuweho

Next Post

Hatangijwe irushanwa rizatuma Abanyeshuri bo muri kaminuza bacengerwa n’imikorere y’Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangijwe irushanwa rizatuma Abanyeshuri bo muri kaminuza bacengerwa n’imikorere y’Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda

Hatangijwe irushanwa rizatuma Abanyeshuri bo muri kaminuza bacengerwa n’imikorere y’Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.