Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urukiko rwari rwarekuye umunyemari uregwa Miliyoni 100 rwavuze ko kuba agifunzwe nta tegeko ryishwe

radiotv10by radiotv10
22/03/2022
in MU RWANDA
0
Urukiko rwari rwarekuye umunyemari uregwa Miliyoni 100 rwavuze ko kuba agifunzwe nta tegeko ryishwe
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwemeje ko kuba umunyemari Mudenge Emmanuel yarafatiwe icyemezo cyo gufungurwa by’agateganyo ariko agakomeza gufungwa, nta tegeko ryishwe kuko hari ibindi byaha akurikiranywemo.

Mudenge Emmanuel yatawe muri yombi tariki 29 Ukuboza 2021, akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano mu kwaka inguzanyo muri banki ya miliyoni 100 Frw.

Tariki 04 Werurwe 2022, Urukiko rwari rwafashe icyemezo cyo gufungura by’agateganyo uyu munyemari ukurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano.

Gusa ngo ubwo uyu munyemari yari agiye gusohoka muri Gereza, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwahise ruzana inyandiko kuri Gereza yo kumuta muri yombi, bituma adasohoka.

Mudenge n’abanyamategeko be biyambaje Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge barumenyesha ko uregwa afunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko kuko yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa by’agateganyo ariko agakomeza gufungwa.

Mu iburanisha ryabaye tariki 16 Werurwe 2022, Mudenge n’abanyamategeko be, baregaga umuyobozi wa Gereza ya Nyarugenge, SP Uwayezu Augustin ko ari we umufunze mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bagasaba ko yazanwa mu rukiko kugira ngo abibazwe.

Ubushinjacyaha bwo bwavugaga ko uregwa yakomeje gufungwa kuko hari ibindi byaha akurikiranyweho

Mudenge yavugaga ko kugira ngo yongere afungwe kabone nubwo haba hari ibindi byaha akurikiranyweho, hagombaga gutangira izindi nzira zo kuburana.

Abanyamategeko b’uyu munyemari, babwiye umucamanza ko kuba umukiliya wabo yarafatiwe icyemezo cyo gufungurwa by’agateganyo ariko agakomeza gufungwa, nta cyizere cyo kuzabona ubutabera buboneye mu rubanza rwo mu mizi.

Kuri uyu wa Mbere tariki 21 Werurwe 2022, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwasomye icyemezo cyarwo, rwemeza ko nta mpamvu yo gutumiza umuyobozi wa Gereza ya Nyarugenge ndetse ko kuba uregwa yarakomeje gufungwa nta tegeko ryishwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + eight =

Previous Post

Umukecuru yakubiswe iminyafu 10 nyuma yo gufatwa asambana n’umusore ukiri muto

Next Post

Yaturutse muri Metero 8.000: Andi makuru ku ndege yari itwaye abantu 132 yakoze impanuka

Related Posts

Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

In Rwanda today, more young people are talking about “financial independence.” You’ll hear it on social media, in schools, and...

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

IZIHERUKA

Do young Rwandans really understand financial independence?
MU RWANDA

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yaturutse muri Metero 8.000: Andi makuru ku ndege yari itwaye abantu 132 yakoze impanuka

Yaturutse muri Metero 8.000: Andi makuru ku ndege yari itwaye abantu 132 yakoze impanuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Do young Rwandans really understand financial independence?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.