Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

U Rwanda rwashenguwe n’urupfu rwa Perezida w’Inteko ya Uganda rwihanganisha Abanya-Uganda

radiotv10by radiotv10
22/03/2022
in Uncategorized
0
U Rwanda rwashenguwe n’urupfu rwa Perezida w’Inteko ya Uganda rwihanganisha Abanya-Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yababajwe n’urupfu rwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Hon. Jacob Oulanyah witabye Imana azize uburwayi, iboneraho kwihanganisha iya Uganda n’Abanya-Uganda by’umwihariko umuryango wa nyakwigendera.

Ubutumwa bwanyujijwe kuri Twitter ya Ambasade y’u Rwanda muri Uganda, buvuga ko u Rwanda “Rwababajwe cyane n’urupfu rwa Honourable Jacob Oulanyah, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Uganda.”

Ubu butumwa bukomeza bugira buvuga ko Guverimo y’u Rwanda yihanganishije iya Uganda ndetse n’Abanya-Uganda muri rusange “by’umwihariko umuryango wa Hon. Jacob Oulanyah kandi yifatanyije na bo muri ibi bihe bigoye.”

Condolence Message from the Government of Rwanda:

It is with deep sadness that the Government of the Republic of Rwanda learned of the passing of the Right Honourable Jacob Oulanyah, Speaker of the Parliament of the Republic of Uganda. 1/2

— RwandainUganda (@RwandainUganda) March 22, 2022

Hon. Oulanyah witabye Imana nyuma y’iminsi micye agiyekwivuriza muri Leta Zunze Ubumwe za America, urupfu rwe rwatangajwe na Perezida wa Uganda, Yoweri Kagata Museveni mu butumwa yanyujije kuri Twitter mu mpera z’icyumweru gishize.

Hon Jacob L’Okori Oulanyah witabye Imana abura iminsi micye ngo yizihize isabukuru y’imyaka 57 y’amavuko dore ko yavutse tariki 23 Werurwe 1965, yari yatorewe kuba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko tariki 24 Gicurasi 2021.

U Rwanda rwifatanyije na Uganda muri ibi bihe by’akababaro k’urupfu rw’uyu wari umuyobozi ukomeye, mu gihe Ibihugu byombi biri mu nzira yo kubura umubano wari umaze igihe urimo igitotsi.

Mu cyumweru gishize, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yari yagiriye mu Rwanda uruzinduko rw’iminsi itatu aho yanakiriwe na Perezida Paul Kagame bakaganira ku bibazo bikiri mu mubano w’Ibihugu byombi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 3 =

Previous Post

Umuvugo uteye ubwuzu wanditswe na Mme Jeannette Kagame uvuga ubutwari bw’Abagore

Next Post

Polisi yanyomoje amakuru yavugaga ko hari Camera izwi nka ‘Sofia’ yibwe

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi yanyomoje amakuru yavugaga ko hari Camera izwi nka ‘Sofia’ yibwe

Polisi yanyomoje amakuru yavugaga ko hari Camera izwi nka ‘Sofia’ yibwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.