Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

U Rwanda rwashenguwe n’urupfu rwa Perezida w’Inteko ya Uganda rwihanganisha Abanya-Uganda

radiotv10by radiotv10
22/03/2022
in Uncategorized
0
U Rwanda rwashenguwe n’urupfu rwa Perezida w’Inteko ya Uganda rwihanganisha Abanya-Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yababajwe n’urupfu rwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Hon. Jacob Oulanyah witabye Imana azize uburwayi, iboneraho kwihanganisha iya Uganda n’Abanya-Uganda by’umwihariko umuryango wa nyakwigendera.

Ubutumwa bwanyujijwe kuri Twitter ya Ambasade y’u Rwanda muri Uganda, buvuga ko u Rwanda “Rwababajwe cyane n’urupfu rwa Honourable Jacob Oulanyah, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Uganda.”

Ubu butumwa bukomeza bugira buvuga ko Guverimo y’u Rwanda yihanganishije iya Uganda ndetse n’Abanya-Uganda muri rusange “by’umwihariko umuryango wa Hon. Jacob Oulanyah kandi yifatanyije na bo muri ibi bihe bigoye.”

Condolence Message from the Government of Rwanda:

It is with deep sadness that the Government of the Republic of Rwanda learned of the passing of the Right Honourable Jacob Oulanyah, Speaker of the Parliament of the Republic of Uganda. 1/2

— RwandainUganda (@RwandainUganda) March 22, 2022

Hon. Oulanyah witabye Imana nyuma y’iminsi micye agiyekwivuriza muri Leta Zunze Ubumwe za America, urupfu rwe rwatangajwe na Perezida wa Uganda, Yoweri Kagata Museveni mu butumwa yanyujije kuri Twitter mu mpera z’icyumweru gishize.

Hon Jacob L’Okori Oulanyah witabye Imana abura iminsi micye ngo yizihize isabukuru y’imyaka 57 y’amavuko dore ko yavutse tariki 23 Werurwe 1965, yari yatorewe kuba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko tariki 24 Gicurasi 2021.

U Rwanda rwifatanyije na Uganda muri ibi bihe by’akababaro k’urupfu rw’uyu wari umuyobozi ukomeye, mu gihe Ibihugu byombi biri mu nzira yo kubura umubano wari umaze igihe urimo igitotsi.

Mu cyumweru gishize, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yari yagiriye mu Rwanda uruzinduko rw’iminsi itatu aho yanakiriwe na Perezida Paul Kagame bakaganira ku bibazo bikiri mu mubano w’Ibihugu byombi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − seven =

Previous Post

Umuvugo uteye ubwuzu wanditswe na Mme Jeannette Kagame uvuga ubutwari bw’Abagore

Next Post

Polisi yanyomoje amakuru yavugaga ko hari Camera izwi nka ‘Sofia’ yibwe

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi yanyomoje amakuru yavugaga ko hari Camera izwi nka ‘Sofia’ yibwe

Polisi yanyomoje amakuru yavugaga ko hari Camera izwi nka ‘Sofia’ yibwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.