Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

U Bwongereza bwahaye Ukraine Misile 6.000 na Miliyoni 25£ byo guhangana n’u Burusiya

radiotv10by radiotv10
24/03/2022
in Uncategorized
0
U Bwongereza bwahaye Ukraine Misile 6.000 na Miliyoni 25£ byo guhangana n’u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

U Bwongereza bwahaye Ukraine ibindi bisasu bya misile 6 000 ndetse n’inkunga ya miliyoni 25£ (arenga Miliyari 25 Frw) kugira go iki Gihugu gikomeze guhangana n’u Burusiya bwagishojeho intambara.

Iyi ntambara imaze ukwezi itangijwe na Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya, Ibihugu binyuranye byanze kuyinjira mu buryo bweruye ahubwo bigenda bitera inkunga uruhande bishyigikiye.

U Bwongereza nka kimwe mu Bihugu byo ku Mugabane w’u Burayi bikomeje guhagarara kuri Ukraine, bwageneye inkunga y’ibindi bisasu bya Misile bigera mu bihumbi bitandatu (6 000) ndetse na Miliyoni 25 z’ama-Euro byo gukoresha mu bikorwa bya gisirikare.

Iyi ni inkunga y’inyongera ya 120% nyuma y’uko iki Gihugu cy’u Bwongereza cyari yageneye Ukraine ibindi bisasu 4 000 bipfubya ibindi bisasu.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson mu ijoro ryakeye yatangaje ko iyi nkunga y’ibindi bisasu bageneye Ukraine birimo ibikoreshwa mu gupfubya ibindi bisasu ndetse n’ibindi biturika byo ku rwego rwo hejuru.

Naho iyi kunga ya miliyoni 25£ ikaba ari iyo guha imbaraga igisirikare cya Ukraine gikomeje guhangana n’umwanzi w’ingabo z’u Burusiya.

Mu nama iri bubere i Brussels mu Bubiligi kuri uyu wa Kane, biteganyijwe ko Johnson aza guhamagarira ibindi bihugu binyamuryango bya OTAN (NATO) nk’u Budage n’u Bufaransa gutanga inkunga mu gufasha Igisirikare cya Ukraine.

Johnson yagize ati “Ukwezi kumwe kurashize turi muri ibi bibazo, umuryango mpuzamahanga ugihanganye no kugira amahitamo ukora, tugomba gukomeza kuzamura ijwi ryo kwishyira ukizana muri Ukraine cyangwa se tukazahura n’akaga gakomeye mu Burayi ndetse no ku Isi.”

Muri iyi nama ikomeye initabirwa na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden wanamaze kugera i Brusselless, aba bayobozi bategeka ibihugu bikomeye ku Isi, baraganira ku nkunga bakwiye guha Ukraine yaba iyo mu buryo bwa gisirikare, iyo mu banyi n’amahanga ndetse n’iy’abari kugirwaho ingaruka n’intambara muri Ukraine.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 12 =

Previous Post

Afana Rayon, akunda ifiriti, film ziteye ubwoba…- Miss Muheto yahishuye byinshi kuri we

Next Post

Musanze: Bibye mudasobwa ihishemo Miliyoni 1Frw batabizi bayibafatana bari kuyishakira umukiliya

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Bibye mudasobwa ihishemo Miliyoni 1Frw batabizi bayibafatana bari kuyishakira umukiliya

Musanze: Bibye mudasobwa ihishemo Miliyoni 1Frw batabizi bayibafatana bari kuyishakira umukiliya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.