• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Bugesera: Bonesherezwa n’abashumba bitwaje ko baragirira abasirikare bagira ngo baravuze inkoni ikarisha

radiotv10by radiotv10
16/05/2022
in Uncategorized
0
Bugesera: Bonesherezwa n’abashumba bitwaje ko baragirira abasirikare bagira ngo baravuze inkoni ikarisha
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Riririma mu Karere ka Bugesera, bavuga ko barembejwe n’abashumba baboneshereza, bagira ngo baravuze, bakabakubita bababwira ko baragirira abasirikare bakomeye.

Aba bahinzi bibumbiye muri Koperative Dusangiramajyambere igizwe n’abanyamuryango barenga 500, babwiye RADIOTV10 ko baherutse guhinda Soya bizeye kuzakuramo agatubutse ariko ngo ntibazirirwa bajya no gusarura.

Umunyamakuru wagiye gutara iyi nkuru, ubwo yaganiraga n’aba bahinzi muri uwo murima wa Soya, mu kanya gato bagiye kubona babona ishyo ry’Inka rimanukiye muri uwo murima kurisha soya zari zigihagaze.

Ndikumana Eliphase, umwe muri aba bahinzi, yavuze ko iki Kibaya bahingamo cyajyaga kibafasha kwikenura bakabasha kubona amafaranga yo kurihirira abana amashuri ndetse no kwiteza imbere.

Ati “Abaturage b’inaha urabibona twaragowe, iki kibaya kibaye gutya muri iyi minsi naho mu bihe byashize twarahingaga tugasarura.”

Undi muturage avuga ko igihembwe cya mbere bahinze, bagatahira aho ndetse n’icya kabiri biba uko none bikomeje gutuma bazahazwa n’ubukene.

Uyu muturage avuga ko ugize ngo arakoma aba bashumba, abona ishyano. Ati “Umuturage yavuga, bagakubita, yitwaje imbwa, yitwaje inkoni ntakindi wavuga.”

Uyu muturage akomeza agira ati “Abashumba baravuga bati ‘njyewe ndangirira afande ntacyo waza umbwira n’iyo wazana uwo Gitifu ntacyo yambwira’.”

Umwe mu bashumba avuga ko nubwo haza itegeko ryo kwimura izi nka, ariko hari izitazahava kubera ba nyirazo.

Ati “Nk’izo Nka za Nkurunziza zimaze igihe inaha ntabwo zizava inaha, kuko n’iyo ubavuze inkono bagukubita ntiwamenya umubare wazo. Nk’ubu hari igipande tudashobora kugeramo kubera inka z’uwo muntu.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Ririma, Oscar Murwanashyaka avuga ko ubuyobozi bw’uyu Murenge bwaganiriye n’ubwa Mayange ahaturuka Inka zonera aba baturage, kugira ngo babaganirize bareke kubangamira abaturage.

Ati “Ariko tunasaba abaturage bacu ko igihe cyose bazabona izo nka zaje kona, bazajye baduhamagara twebwe tujye kubafasha.”

Umuyobozi Ushinzwe Ubutegetsi n’Imari mu Murenge wa Mayange, Edson Nisingizwe avuga ko ikibazo nk’iki cyabayeho umwaka ushize ariko ko ubuyobozi bwagiriye inama abarozi bakoraga ibi bikorwa.

Ati “Byanze bikunze hari abantu batajya bumva ni yo mpamvu ubuyobozi buhozaho, ntabwo bwakwicara ngo burambike.”

Uyu muyobozi avuga bagiye kongera gukora ubukangurambaga ariko ko aborozi bazinangira, bazabihanirwa.

Soya ntibazirirwa basarura
Bafite agahinda

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + eighteen =

Previous Post

IFOTO: Perezida Ndayishimiye na Madamu mu murima w’umuceri bishimiye umusaruro

Next Post

VIDEO: Ni mu Rwanda ariko baravuga ugatakara…Umunyamakuru yagiye kureba umupira ataha ntacyo yumvise

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
VIDEO: Ni mu Rwanda ariko baravuga ugatakara…Umunyamakuru yagiye kureba umupira ataha ntacyo yumvise

VIDEO: Ni mu Rwanda ariko baravuga ugatakara…Umunyamakuru yagiye kureba umupira ataha ntacyo yumvise

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.