Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Operasiyo ihuriweho n’Igisirikare cya Congo n’icya Uganda yongerewe igihe

radiotv10by radiotv10
02/06/2022
in Uncategorized
0
Operasiyo ihuriweho n’Igisirikare cya Congo n’icya Uganda yongerewe igihe
Share on FacebookShare on Twitter

Ibikorwa bihuriwe n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF), bigamije kurandura umutwe wa ADF urwanya Uganda, byongereweho amezi abiri.

Itangazo ryongerera igihe ibi bikorwa, ryasinywe kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Kamena muri Uganda nyuma y’ibiganiro byahuje amatsinda y’Ibihugu byombi yari ayobowe n’abasirikare bakuru bayoboye ibi bikorwa.

Itsinda ry’Igisirikare cya DRCongo (FARDC) riyobowe na Maj Gen Bombele Lohola Camille mu gihe ku ruhande rwa UPDF riyobowe na Maj Gen Kayanja Muhanga.

Ibi bikorwa (Operation) bya FARDC ifatanyijemo na UPDF byiswe ‘Shujaa’ bigamije kurandura umutwe wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda ufite ibirindiro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni ibikorwa bisubiwemo ku nshuro ya gatatu aho Maj Gen Bombele Lohola Camille yatangaje ko uyu mutwe utaratsinsurwa burundu.

Yagize ati “Turasaba abaturage b’Ibihugu byombi kudusangiza amakuru azadufasha kubona abarwanyi ba ADF aho bari hose aho bahungiye mu matsinda matomato uyu mundi ari kugerageza kubura umutwe.”

Nyuma yuko hasinywe aya masezerano yo kongera igihe ibi bikorwa bihuriweho na FARDC na UPDF, abasirikare ba Uganda barakomeza akazi kazoo ko guhashya uyu mutwe wa ADF.

Uganda yari yohereje abasirikare bagera mu 1 700 muri DRC, gusa mu minsi ishize iyi operasiyo yiswe ‘Shujaa’ yahuye n’imbogamizi ndetse Uganda yameza gucyura aba basirikare nyuma yuko hajemo impaka.

Bamwe mu bategetsi muri DRC bavugaga ko abasirikare ba UPDF binjiye muri iki Gihugu bitumvikanyweho n’impande zose z’inzego za DRC zirebwa n’ibi bikorwa.

Indi mpamvu kandi yari uko Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda iheruka kwanga gutora umwanzuro wo kongera ingengo y’imari ingabo za UPDF ziri muri DRCongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

DRCongo: Abaturage ibihumbi biraye mu mihanda basaba Igihugu cyabo guca ukubiri n’u Rwanda

Next Post

Musanze: Bubakiwe Biogaz bizezwe no kuzahabwa Inka barategereza amaso ahera mu kirere

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Bubakiwe Biogaz bizezwe no kuzahabwa Inka barategereza amaso ahera mu kirere

Musanze: Bubakiwe Biogaz bizezwe no kuzahabwa Inka barategereza amaso ahera mu kirere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.