Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Muchoma wakuriye mu buzima bushaririye ubu utunze za Miliyoni ageze ku ivuko abonana n’uwo yakundaga

radiotv10by radiotv10
09/06/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Muchoma wakuriye mu buzima bushaririye ubu utunze za Miliyoni ageze ku ivuko abonana n’uwo yakundaga

Yabonanye n'uwo yakundaga bakiri abana

Share on FacebookShare on Twitter
  • Yageze ku isambu y’iwabo, amarangamutima aramufata yifata mu gahanga,
  • Bamwakiranye ubwuzu na we abisanzuraho,
  • Bamwibukije ko yajyaga ajya gucukura ibirayi mu mirima y’abaturage.

Umuhanzi Nizeyimana Didier uzwi nka Muchoma wakurikiye mu buzima bugoye ubu akaba asigaye atuye muri Leta Zunze Ubumwe za America akaba anatunze agatubutse, yasuye aho avuka mu Karere ka Rubavu, yakiranwa ubwuzu n’abaturage, bamwibutsa uburyo yari abayeho.

Muchoma wavukiye mu Rwerere mu Murenge wa Busasamana, aho yabayeho mu buzima bugoye kubera imibereho igoye y’umuryango, avuga ko yavuye mu ishuri akajya gushakisha imibereho acuruza uduconsho turimo itabi, imigati n’ibisheke.

Uyu muhanzi usigaye uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, avuga ko ubwo yabaga aha yavukiye, no kubona ibyo kurya byari bigoye.

Avuga ko kandi muri ibyo bihe yagerageje ibintu byinshi kuko yanagiye kuba umukozi wo mu rugo ariko bikananirana kuko atakundaga kuvugirwamo.

Uyu musore waje kugira amahirwe yo kujya muri Leta Zunze Ubumwe za America, ni umwe mu bahanzi nyarwanda batunze agatubutse dore ko anaherutse kuzuza Moteli icumbikira abantu iherereye mu Kagari ka Mbugangari mu Murenge wa Gisenyi.

Uyu muhanzi ubu uri mu Rwanda, yagiye ku ivuko aho bita mu Rwerere yanakoreye indirimbo, akibonwa n’abamuzi baramwishimira cyane.

Muchoma utajya ahisha ubuzima bushaririye yakuriyemo, ni umwe mu bazwiho guca bugufi no kwisanzura kuri bose, ubwo yageraga aha iwabo, na we ubwe yishimiye kubona aba bantu baherukanaga muri 2004.

Abonye uwo bahimba Rukara, Muchoma yagize ati “Uyu ni umuvandimwe najyaga njya no kurya iwabo.”

Ako kanya abaturage bo muri aka gace bahise baza kumwakirana ubwuzu, batangira kwibukiranya ubuzima bugoye bakuriyemo.

Umwe mu baturage bamuzi, yavuze ko ibyo Muchoma avuga ko yakuriye mu buzima bugoye, atabeshya, ati “Ibyo yababwiye ni byo.”

Hari n’undi wahise avuga ko Muchoma yagiye mu murima we gukuramo ibirayi, ariko ko atamurenganya kuko yari inzara.

Muchoma yakomeje ajya ku isambu y’iwabo ahageze afatwa n’amarangamutima menshi, yifata mu gahanga bigaragara ko yibutse ubuzima bugoye yabayemo muri aka gace.

Ubwo yageraga muri aka gace kandi yanabonanye n’uwo yahoze akunda ubu wabaye umugore ufite abana bane.

Akimubona yahise ajya kumusuhuza, ati “Nyiraguhiri naramukunda, ese ubundi wari ubizi ko nagukundaga?” Bose bahita baseka.

Muchoma akigera mu gace bamuzi, bamwishimiye cyane

Abaturage bamuzi bishimiiye uburyo yakuze akavamo umugabo
Akigera ku isamu y’iwabo yafashwe n’amarangamutima

Yabonanye n’uwo yakundaga bakiri abana
Yafashije abaturage gutonora igitonore

Amafoto yavuye mu mashusho ya Isimbi TV

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − twelve =

Previous Post

Kuba M23 yarubuye umutwe ikagarukana imbaraga zidasanzwe hari abayiri inyuma- Ntumba Luaba

Next Post

Abasirikare ba FARDC bafashwe mpiri na M23 bashimangiye ko bari gukorana na FDLR

Related Posts

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

by radiotv10
13/09/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by'amashuri 20 byo mu Ntara y'Amajyepfo byatumye...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

by radiotv10
12/09/2025
0

Umuhanzi Israel Mbonyicyambu wamenyekanye nka Israel Mbonyi, yatangaje ko agiye gushyira hanze Album ya gatanu y’indirimbo ze azamurikira Abaturarwanda mu...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

IZIHERUKA

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda
FOOTBALL

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare ba FARDC bafashwe mpiri na M23 bashimangiye ko bari gukorana na FDLR

Abasirikare ba FARDC bafashwe mpiri na M23 bashimangiye ko bari gukorana na FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.