Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ndoli yahishuye uko Bakame basangiraga akabisi n’agahiye yagize uruhare mu gutundukana n’umugore

radiotv10by radiotv10
23/06/2022
in Uncategorized
0
Ndoli yahishuye uko Bakame basangiraga akabisi n’agahiye yagize uruhare mu gutundukana n’umugore
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyezamu w’umunyabigwi mu Rwanda, Ndoli Jean Claude wamaze guhagarika ruhago, yahishuye ko Jean-Luc Eric Ndayishimiye [Bakame] bigeze kuba inshuti magara, yagize uruhare mu itandukana rye n’umugore we.

Ndoli wagarutse ku bucuti bwe na Bakame, yavugze ko ubwo we na Bakame bari bamaze kugera ku rwego rw’abanyezamu bakomeye mu Rwanda, kubera ubucuti bari bafitanye, bumvikanye uburyo bombi bazajya babona umwanya wo gukina mu ikipe y’Igihugu ku buryo umwe atazajya akomeza kwicaza undi.

Ati “Mpura na Bakame twese tukiri bato, turavuga tuti ‘reka dukore ikintu ku buryo umwe azajya akina uyu munsi undi akine ejo’.”

Ndoli avuga ko Bakame bari inshuti magara ku buryo bahoranaga, ariko ko ubucuti bwabo bwajemo kuzamo kirogoye biturutse kuri iryo shyaka ryo gukunda gukina.

Avuga ko uyu mwuka mubi hagati ye na Bakame watangiye kuza hagati ya 2009 na 2010 ubwo ikipe y’u Rwanda yiteguraga amarushanwa mpuzamahanga.

Avuga ko ari bwo Bakame yamuroze, ati “Muri icyo gihe narwaye umugongo umwaka wose, umugongo waje tugiye gukina na Cote d’Ivoire.”

Ndoli avuga ko kuva icyo gihe abantu bakomeje kumubwira ko Bakame yamuroze ariko “Nkanga kubyemera nti ‘oya, inshuti yanjye magara!’.”

Avuga ko ubwo bajyaga muri CECAFA 2012, ari bwo yaje kwemera ko Bakame ari we uri inyuma y’ibi bibazo byamubagaho.

Ngo icyo gihe bari kwitegura kujya muri Tanzania, babahaye uruhushya rwo kujya mu rugo ariko akabwira Bakame ko we adahita ajya mu rugo, ariko ko yamubeshyaga kuko yatashye ariko nyuma Bakame yabwiye umugore we [wa Ndoli] ko Bakame yagiye mu gasozi.

Ngo yarabyihore, baza kujya muri Tanzania bagezeyo bagakoresha telefone ya Ndoli kuko ari yo yabashaga gufata ihuzanzira ryo muri iki Gihugu.

Ati “Ngiye kubona mbona message y’umugore we bari bamaze kuvugana, umugore wa Bakame amwoherereza message amubwira ati ‘rero iyi message uhite uyisiba, umugore wa Ndoli maze kumubwira ko Ndoli ejobundi ataraye iwe.”

Ndoli avuga ko ibi byamugizeho ingaruka zikomeye kuko umugore we byanatumye amwijundika bikaza no gutuma nyuma y’umwaka batandukana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 4 =

Previous Post

Kajugujugu yazanye Museveni yamusize hakurya yinjira mu Rwanda n’iy’ubutaka aramutsa Abanyarwanda…Bisobanuye iki?

Next Post

AMAFOTO: Museveni i Nyabugogo na Muhima yakiranywe ubwuzu n’imbaga y’Abanyarwanda

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Museveni i Nyabugogo na Muhima yakiranywe ubwuzu n’imbaga y’Abanyarwanda

AMAFOTO: Museveni i Nyabugogo na Muhima yakiranywe ubwuzu n’imbaga y’Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.