Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

radiotv10by radiotv10
19/11/2025
in Uncategorized
0
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti, aho bamwe mu bahatuye bakeka ko ashobora kuba yishwe, akamanikwamo n’abamwivuganye.

Uyu murambo wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ugushyingo 2025, mu Kagari ka Mpare muri uyu Murenge wa Tumba.

Abaturage bo muri aka gace babwiye RADIOTV10 ko bakurikije uko basanze umurambo wa nyakwigendera umanitse, atari ukwiyahura, ahubwo ko ashobora kuba yishwe n’abagizi ba nabi, barangiza bakajya kumumanika mu giti.

Umwe yagize ati “Ubu se iyi nzira ubona mu bishyimbo, ni we wayiciye ajya kwiyahura ari umwe? Ikigaragara cyo ni uko yishwe.”

Undi na we yagize ati “Uko biri kose bifite abantu babikoze bakamujyana hariya, gusa icyo dusaba Leta nidukarize umutekano cyane muri ibi bihe by’iminsi mikuru tugiye kwinjiramo kuko abantu barabyitwaza cyane ugasanga barimo baratega abantu babambura.”

Aba baturage bavuga kandi ko kuri uyu wa Kabiri, nyakwigendera yari yiriwe ameze neza ari kumwe n’umugore we, kandi ko nta bindi bibazo bari bamuziho byatuma yiyambura ubuzima.

Uwo bakoranaga uvuga ko na we yatunguwe no kumva bamubwira ko yiyahuye, yagize ati “Ndavuga nti ‘ese ubwo bibaho?’ nti ‘yiyahuye ate, ibibazo yari kuba afite ni ibihe kugira ngo yiyahure?”

Umuvuvizi wa Polisi y’u Rwanda, CIP Hassan Kamanzi, yabwiye RADIOTV10 ko amakuru y’urupfu rw’uyu mugabo yageze kuri uru rwego avuye mu baturage ahagana saa kumi n’ebyiri n’indi minota.

Ati “Polisi na RIB bihutiye kugera kuri terrain muri uyu Mudugudu wa Rwanyanza, bahageze basanga koko umugabo w’imyaka 25 ari mu mugozi amanitse mu giti.”

Izi nzego zahise zimanura umurambo, uhita ujyanwa mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Butare CHUB kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma no kureba icyaba cyahitanye nyakwigendera.

CIP Hassan Kamanzi avuga ko nyakwigendera yari umugabo wubatse ufite umugore n’umwana, aboneraho kwihanganisha umuryango we.

Ati “Icya mbere ni ukwihanganisha umuryango wa nyakwigendera. Hanyuma icya kabiri nanone Polisi irizeza umuryango wa nyakwigendera ko ugomba kubona ubutabera kuko niba koko yiyahuye na byo bizagaragara ariko yaba ataniyahuye hari ukundi byagenze, ibyo byose bizaturuka mu iperereza RIB yatangiye.”

Bakeka ko nyakwigendera yaba yishwe n’abantu bakaza kumumanika mu mugozi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + twenty =

Previous Post

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

Next Post

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire
MU RWANDA

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.