Thursday, July 30, 2026
RW|EN
SIPORO

Hamenyekanye umutoza mushya ugiye kuza muri Kiyovu bavuganye mu ibanga rikomeye

Hamenyekanye umutoza mushya ugiye kuza muri Kiyovu bavuganye mu ibanga rikomeye

Ikipe ya Kiyovu Sports irateganya kwakira umutoza mushya ukomoka mu Bwongereza ku Mugabane w’u Burari, ariko ufite uburambe mu gutoza amakipe yo muri Afurika.

Nyuma y’uko umwaka w’imikino wa 2025/2026 urangiye idafite umutoza mukuru, Kiyovu Sports yagerageje kugirana ibiganiro n’uwatozaga Amagaju FC, ariko arabyanga ahitamo kwerekeza muri Stade Malien.

Mu ibanga rikomeye, ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwamaze kumvikana n’Umwongereza Marc Simon Harryson.

Uyu mutoza w’imyaka 66 y’amavuko, mu gihe yari akiri umukinnyi, yakinaga ari umunyezamu. Yakiniye amakipe arimo Stoke City, Port Vale n’andi yo mu byiciro byo hasi mu Bwongereza.

Nk’umutoza, yatoje ikipe y’igihugu ya Bangladesh muri Aziya, nyuma atoza amakipe atandukanye muri Afurika, harimo ayo muri Ethiopia, Zimbabwe, Botswana, Malawi, Kenya n’ibindi bihugu.

Nubwo uyu mutoza ategerejwe i Nyamirambo, abakinnyi ba Kiyovu Sports bo baracyari mu gihirahiro. Ntibazi igihe bazatangirira imyitozo kuko batarahabwa amafaranga yabo.

Mu mwaka ushize w’imikino, Kiyovu Sports yarangije ku mwanya wa gatanu muri Shampiyona y’u Rwanda (RPL). Muri iyi mpeshyi, yamaze kugura abakinnyi bane ndetse yongerera amasezerano bamwe mu bari basanzwe bakinira iyi kipe.

Leonidas NDAYISABA
RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =