Ikipe ya APR FC yatsinze Vipers yo muri Uganda ibitego 2 kuri 1 mu mukino wa nyuma wo mu itsinda A muri CECAFA Kagame Cup, birangira n’ubundi itabonye tike ya 1/2.
Ni umukino wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa 4, maze Mamadou Traoré waguzwe uyu mwaka avuye muri Stade Malien na Djibril Ouattara usanzwemo batsindira iyi kipe y’ingabo z’igihugu, mu gihe Rutahizamu Gusto Mulongo ari we watsindiye Vipers.
Intsinzi ya APR FC nta kinini yayifashije kubera ko nubwo yasoje ifite amanota 6 ku 9, yasoreje ku mwanya wa 3 inyuma ya Gor Mahia yayoboye itsinda na Vipers yabaye iya 2.
Uku kuyobora itsinda kwa Gor Mahia kwaturutse ku kuba yari yatsinze Garde Républicaine yo muri Djibouti igitego 1-0 mu mukino wabereye i Nyamirambo ku isaha imwe n’uwa APR na Vipers, bituma isoza imikino y’amatsinda ifite amanota 6, izigamye ibitego 5.
Vipers yasoje na yo ifite amanota 6 ariko yo izigamye ibitego 3, APR isoza ifite amanota 6 n’umwenda w’ibitego 2, mu gihe Garde Républicaine yasoje ifite ubusa ku 9.
Uko gahunda iteye, mu matsinda 3 yo muri Cecafa Kagame Cup y’uyu mwaka, ikipe isoje iyoboye itsinda ihita ibona itike ya 1/2 bivuze ko Gor Mahia yo yageze yo, hanyuma mu makipe 3 yabaye aya 2 hazarebwa iyitwaye neza kurusha izindi ihite isanga zazindi 3 ziyoboye amatsinda bahurire muri 1/2.
AMAKIPE AZAHURA ATE MURI 1/2?
Ikipe ya Gor Mahia izahura n’ikipe nziza mu makipe azaba aya 2(Best Runner Up), mu gihe ikipe ya mbere mu itsinda B(ririmo Simba SC, Jamus, Singida Black Stars na Mogadishu City) izahura n’iya mbere mu itsinda C(ririmo Al-Hilal, Rayon Sports, Tusker na KVZ), iyi mikino yombi ya 1/2 ikazaba tariki ya 4/8/2026 kuri Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo.
GAHUNDA Y’IMIKINO YA NYUMA Y’AMATSINDA ITEYE ITE?
Kuri uyu wa 5, ikipe zo mu itsinda B zirakinira isaha imwe ku bibuga bitandukanye, aho Simba SC iri buhure na Jamus kuri Stade Amahoro mu gihe Jamus ikina na Mogadishu City, imikino yombi igatangira Saa Moya z’ijoro.
Iyi mikino ya Cecafa Kagame Cup 2026 izasozwa tariki ya 7/8/2026, aho Saa Cyenda z’igicamunsi hazakinwa umukino w’umwanya wa 3, i Saa Moya z’umugoroba hakinwe umukino wa nyuma.
Ikipe ya Singida Black Stars iri no mu irushanwa ry’uyu mwaka, ni yo yatwaye iry’umwaka ushize itsinze Al-Hilal ibitego 2-1.



Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10