Sunday, August 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

AMAFOTO: Museveni i Nyabugogo na Muhima yakiranywe ubwuzu n’imbaga y’Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
23/06/2022
in Uncategorized
1
AMAFOTO: Museveni i Nyabugogo na Muhima yakiranywe ubwuzu n’imbaga y’Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Yaturutse mu Gihugu cye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane azanywe na kajugujugu ariko ntiyamwinjiza mu Rwanda, yinjirira ku mupaka wa Gatuna aramutsa Abanyarwanda, aho agereye i Kigali yakirwa n’imbaga y’abaturage.

Uko yakoraga igikorwa kidasanzwe yahitaga abisangiza abamukurikira kuri Twitter ye.

Ahagurutse muri Uganda, yerekanye yinjira muri Kajugujugu ya Gisirikare, atangaza ko yerecyeje i Kigali mu Rwanda muri CHOGM.

Iyi kajugujugu ntiyamugejeje mu Rwanda kuko yinjiriye ku mupaka wa Gatuna, ariko mbere yo kwinjira mu modoka yamuzanye i Kigali, abanza kuramutsa Abanyarwanda mu ndamukanyo imenyerewe ya “Muraho!… Murakomeye…nanjye ndakomeye nk’amabuye.”

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena, Museveni yongeye gusangiza abamukurikira ibihe bye by’uru rugendo, ubwo yari ageze i Kigali.

Ageze i Kigali i Nyabugogo, yakiriwe n’imbaga y’abaturage bamukomera amashyi menshi ubwo yari mumodoka.

Yazamutse umuhanda werecyeza mu Mujyi rwagati, nabwo asanga abaturage ku Muhima bamutegereje ari benshi, nab wo bamwakirana ubwuzu.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter ye, yagize ati “Nageze i Kigali mu Rwanda mu nama y’Abakuru b’Ibihugu bya Commonwealth (CHOGM). Ndashimira Abanyarwanda banyakiranye ubwuzu.”

Museveni yakiranywe ubwuzu
Ku Muhima yasanze abaturage ari benshi

RADIOTV10

Comments 1

  1. Boniface says:
    3 years ago

    None se abaturage babwiwe n’iki ko aza akoresheje umuhanda ku buryo abari i GATUNA, abari NYABUGOGO na MUHIMA ruguru hafi y’umugi bagagerera igihe na we ku masaha ye???!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − two =

Previous Post

Ndoli yahishuye uko Bakame basangiraga akabisi n’agahiye yagize uruhare mu gutundukana n’umugore

Next Post

Nyuma y’imyaka ine dutegereje igihe nk’iki nigeze gutekereza ko kitazagera- Kagame aha ikaze abitabiriye CHOGM

Related Posts

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’imyaka ine dutegereje igihe nk’iki nigeze gutekereza ko kitazagera- Kagame aha ikaze abitabiriye CHOGM

Nyuma y’imyaka ine dutegereje igihe nk’iki nigeze gutekereza ko kitazagera- Kagame aha ikaze abitabiriye CHOGM

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.