Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma y’imyaka ine dutegereje igihe nk’iki nigeze gutekereza ko kitazagera- Kagame aha ikaze abitabiriye CHOGM

radiotv10by radiotv10
24/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nyuma y’imyaka ine dutegereje igihe nk’iki nigeze gutekereza ko kitazagera- Kagame aha ikaze abitabiriye CHOGM
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yahaye ikaze abashyitsi bitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Commonwealth [CHOGM] yagiye isubikwa inshuro zirenze imwe kubera icyorezo cya COVID-19, avuga ko ari iby’agaciro kuba iyi nama ibaye.

Muri uyu muhango wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022, Perezida Paul yahaye ikaze abitabiriye iyi nama byumwihariko no mu Rwanda, yanabakiriye ku meza.

Ati “Bimpa ibyishimo byinshi kubabona hano, kandi impamvu ni uko nyuma yo gutegura uyu musangiro mu gihe kirenga imyaka ine, nigeze kugera aho ntekereza niba muzaza.”

Umukuru w’u Rwanda avuga ko yaba u Rwanda ndetse n’Ibindi Bihugu ku Isi banyuze mu bihe bigoye kuva muri 2020 kubera icyorezo cya COVID-19 cyagiye gihagarika ibikorwa binyuranye birimo n’iyi nama ya CHOGM.

Ati “Icyorezo cya COVID cyazanye ibihe bidasanzwe mu mateka byerekanye agaciro ko gukorana no guhuza imbaraga.”

Perezida Paul Kagame wavuze ko Ibihugu bidashobora kugera ku ntego bidashyize hamwe, yavuze ko ari iby’agaciro kuba aba bashyitsi bo muri Commonwealth barakoze urugendo bakaza mu Rwanda kugira ngo baganire ku buryo barushaho kuzamura abatuye Ibihugu bigize uyu muryango.

Ati “Ikirenze ibyo, ndabashimira uburyo mwagiriye icyizere u Rwanda rukakira umuryango w’Ibihugu bya Commonwealth ndetse rukaba rugiye kuyobora uyu muryango.”

Perezida Kagame wagarutse ku byo yari agomba nubundi kuvuga uyu munsi [ku wa Gatanu] mu gutangiza iyi nama, yaboneyeho gushimira byumwihariko Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland ndetse n’itsinda bafatanyije mu gutegura iyi nama.

Yaboneyeho gushimira kandi abashyitsi b’imena bitabiriye CHOGM, ati “Kuza no kugira uruhare mu nama bigaragaza ko Commonwealth ifite uruhare rukomeye mu mibereho y’abatuye Isi.”

Biteganyijwe ko Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma barenga 30 bahura kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Kamena 2022 ari na bwo hatangizwa iyi nama ya CHOGM.

Perezida Kagame yavuze ko ari iby’agaciro kubona iyi nama yari itegerejwe igeze igihe ikaba
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame na Boris Johnson na Madamu we
Perezida Kagame n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + four =

Previous Post

AMAFOTO: Museveni i Nyabugogo na Muhima yakiranywe ubwuzu n’imbaga y’Abanyarwanda

Next Post

Mswati III yaje yambaye bya gakondo, Kenyatta na Hichilema nabo bahasesekaye (AMAFOTO)

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mswati III yaje yambaye bya gakondo, Kenyatta na Hichilema nabo bahasesekaye (AMAFOTO)

Mswati III yaje yambaye bya gakondo, Kenyatta na Hichilema nabo bahasesekaye (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.