Monday, July 13, 2026
RW|EN
AMAHANGA

Perezida w’u Burundi yagize icyo avuga ku rupfu rw’umukinnyi w’ikinamico

Perezida w’u Burundi yagize icyo avuga ku rupfu rw’umukinnyi w’ikinamico

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yagaragaje akababaro yatewe n’urupfu rw’umukinnyi w’amakinamico Philippe Ntamikevyo uzwi nka ‘Musitantere’, yihanganisha umuryango we.

Philippe Ntamikevyo, wari uzwi cyane ku izina rya ‘Musitanteri’ mu ikinamico izwi nka ‘Ni inde’, yitabye Imana mu ijoro ryo ku wa 12 Nyakanga 2026, aguye mu Bitaro byitiriwe Mutagatifu Tereziya (Betaniya) biherereye i Gitega.

Nk’uko byatangajwe na mugenzi we witwa Kireko, yatangaje ko nyakwigendera Philippe Ntamikevyo yazize uburwayi yari amaranye igihe.

Kireko yavuze kandi ko Philippe Ntamikevyo yari umwe mu batangije gukina ikinamico ‘Ni inde’, akaba yitabye Imana afite imyaka irenga 60 y’amavuko.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, mu butumwa yatanze kuri uyu wa Mbere tariki 13 Nyakanga, yagaragaje agahinda yatewe n’urupfu rw’uyu mukinnyi w’amakinamico.

Yagize ati “Twakiranye akababaro kenshi urupfu rw’umukinyi rurangiranwa w’ikinamico ‘Ni nde?’, Philippe Ntamikevyo.”

Perezida Ndayishimiye yavuze ko Igihugu ayoboye kibuze umukinnyi w’umunyempano mu gukina amakinamico agamije kwigisha umuryango mugari w’Abarundi.

Ati “U Burundi bubuze intore ifite impano mu guhanura no gukosora imyitwarire binyuze mu mashusho. Twihanganishije umuryango we w’amaraso, abakinyi b’ikinamico Ni Nde, n’abakunzi be bose. Imana imuhe uburuhukiro bwiza.”

Philippe Ntamikevyo uzwi nka ‘Musitantere’

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − five =