Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kigali: Hamenyekanye igihano cyakatiwe umuganga watse umurwayi ruswa y’ibihumbi 50Frw ayita Ubunani

radiotv10by radiotv10
04/07/2022
in Uncategorized
0
Kigali: Hamenyekanye igihano cyakatiwe umuganga watse umurwayi ruswa y’ibihumbi 50Frw ayita Ubunani
Share on FacebookShare on Twitter

Umuganga ukorera mu Mujyi wa Kigali, wari ukurikiranyweho kwaka umurwayi ruswa y’ibihumbi 50 Frw amubwira ko ari Ubunani, yakatiwe gufungwa imyaka itanu n’ukwezi kumwe no gutanga ihazabu y’ibihumbi 150 Frw.

Uyu muganga witwa Dr Sibomana Alphonse Marie, yatawe muri yombi tariki indwi Mutarama 2022, aho Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwari rumukurikiranyeho icyaha cya ruswa no kwakira indonke y’ibihumbi 50 Frw.

Uyu Dr Sibomana Alphonse Marie usanzwe ari umuganga wigenga uvura indwara zo mu ruhago ariko akaba akorera mu Bitaro bitandukanye mu Mujyi wa Kigali, mu kwezi k’Ukwakira 2021 yari yakiriye umurwayi wari uturutse mu Bitaro bya Kabgayi.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko uyu muganga yabwiye uyu murwayi ko uburwayi bwe bukomeye, bityo ko akeneye kumubaga ariko akazabikorera mu bindi bitaro akoreramo byo muri Kicukiro, akamubwira ko agomba kwishyura Miliyoni 1 Frw.

Yakomeje amubwira kandi ko azahabwa gahunda (Rendez-Vous) ya cyera kuko ahakorerwa imirimo yo kubaga muri ibyo bitaro hari kuvugururwa.

Ubushinjacyaha bwabwiye Urukiko ko uyu murwayi usanzwe akoresha ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Sante, yakomeje gutakamba abwira uyu muganga ko kubona ayo mafaranga bitamworohera, amusaba ko yajya kubagirwa mu Bitaro bya Leta ariko ntiyabona rendez-vous.

Nyuma uyu murwayi yaje kumenyesha uyu muganga ko ayo mafaranga [Miliyoni 1 Frw] yayabonye, amusaba ko yamubaga kuko yari arembejwe n’ubwo burwayi.

Ngo bigeze tariki 02 Mutarama 2022, Dr Sibomana yabwiye uyu murwayi ko yamwoherereza ibihumbi 50 Frw kuri Mobile Money y’ubunani kugira ngo bazakorane neza.

Uyu murwayi kubera uburyo yumvaga arembye, bwaracyeye amwoherereza ayo mafaranga yari yatswe na Dogiteri yitaga Ubunani, ndetse aranabimumenyesha ko yayamwoherereje.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko ayo mafaranga ari ruswa ndetse n’indonke kuko ntaho ateganywa muri izo serivisi yagombaga guha uyu murwayi.

Dr Sibomana waburanye ahakana icyaha cyo kwaka indonke, yabwiraga Umucamanza ko atari we watse uriya murwayi ariya mafaranga ahubwo ko ari we wayamwoherereje ku bushake bwe, akanamuhamagara amubwira ko yamwoherereje ubunani, amubaza niba yayayobonye ariko akamubwira ko aza kuba areba kuko yari atwaye imodoka.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije uru rubanza, rwahamije icyaha Dr Sibomana Alphonse, rumukatira gufungwa imyaka 5 no gutanga ihazabu y’ibihumbi 150 Frw.

Iki cyemezo cyasomwe mu cyumweru gishize tariki 30 Kamena 2022, kivuga kandi ko uyu mudogiteri asubiza uriya murwayi ibihumbi 50 Frw yamwatse yita Ubunani.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Hanze yahembwaga Miliyoni 8Frw aza gukorera ibihumbi 40Frw- FPR ibohoye u Rwanda ntawifuzaga kuguma ishyanga

Next Post

Ubwo imirwano yuburaga twari twavuganye na DRC tuyimenyesha ko hari ibiri gututumba- P.Kagame

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubwo imirwano yuburaga twari twavuganye na DRC tuyimenyesha ko hari ibiri gututumba- P.Kagame

Ubwo imirwano yuburaga twari twavuganye na DRC tuyimenyesha ko hari ibiri gututumba- P.Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.