• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kigali: Hamenyekanye igihano cyakatiwe umuganga watse umurwayi ruswa y’ibihumbi 50Frw ayita Ubunani

radiotv10by radiotv10
04/07/2022
in Uncategorized
0
Kigali: Hamenyekanye igihano cyakatiwe umuganga watse umurwayi ruswa y’ibihumbi 50Frw ayita Ubunani
Share on FacebookShare on Twitter

Umuganga ukorera mu Mujyi wa Kigali, wari ukurikiranyweho kwaka umurwayi ruswa y’ibihumbi 50 Frw amubwira ko ari Ubunani, yakatiwe gufungwa imyaka itanu n’ukwezi kumwe no gutanga ihazabu y’ibihumbi 150 Frw.

Uyu muganga witwa Dr Sibomana Alphonse Marie, yatawe muri yombi tariki indwi Mutarama 2022, aho Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwari rumukurikiranyeho icyaha cya ruswa no kwakira indonke y’ibihumbi 50 Frw.

Uyu Dr Sibomana Alphonse Marie usanzwe ari umuganga wigenga uvura indwara zo mu ruhago ariko akaba akorera mu Bitaro bitandukanye mu Mujyi wa Kigali, mu kwezi k’Ukwakira 2021 yari yakiriye umurwayi wari uturutse mu Bitaro bya Kabgayi.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko uyu muganga yabwiye uyu murwayi ko uburwayi bwe bukomeye, bityo ko akeneye kumubaga ariko akazabikorera mu bindi bitaro akoreramo byo muri Kicukiro, akamubwira ko agomba kwishyura Miliyoni 1 Frw.

Yakomeje amubwira kandi ko azahabwa gahunda (Rendez-Vous) ya cyera kuko ahakorerwa imirimo yo kubaga muri ibyo bitaro hari kuvugururwa.

Ubushinjacyaha bwabwiye Urukiko ko uyu murwayi usanzwe akoresha ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Sante, yakomeje gutakamba abwira uyu muganga ko kubona ayo mafaranga bitamworohera, amusaba ko yajya kubagirwa mu Bitaro bya Leta ariko ntiyabona rendez-vous.

Nyuma uyu murwayi yaje kumenyesha uyu muganga ko ayo mafaranga [Miliyoni 1 Frw] yayabonye, amusaba ko yamubaga kuko yari arembejwe n’ubwo burwayi.

Ngo bigeze tariki 02 Mutarama 2022, Dr Sibomana yabwiye uyu murwayi ko yamwoherereza ibihumbi 50 Frw kuri Mobile Money y’ubunani kugira ngo bazakorane neza.

Uyu murwayi kubera uburyo yumvaga arembye, bwaracyeye amwoherereza ayo mafaranga yari yatswe na Dogiteri yitaga Ubunani, ndetse aranabimumenyesha ko yayamwoherereje.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko ayo mafaranga ari ruswa ndetse n’indonke kuko ntaho ateganywa muri izo serivisi yagombaga guha uyu murwayi.

Dr Sibomana waburanye ahakana icyaha cyo kwaka indonke, yabwiraga Umucamanza ko atari we watse uriya murwayi ariya mafaranga ahubwo ko ari we wayamwoherereje ku bushake bwe, akanamuhamagara amubwira ko yamwoherereje ubunani, amubaza niba yayayobonye ariko akamubwira ko aza kuba areba kuko yari atwaye imodoka.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije uru rubanza, rwahamije icyaha Dr Sibomana Alphonse, rumukatira gufungwa imyaka 5 no gutanga ihazabu y’ibihumbi 150 Frw.

Iki cyemezo cyasomwe mu cyumweru gishize tariki 30 Kamena 2022, kivuga kandi ko uyu mudogiteri asubiza uriya murwayi ibihumbi 50 Frw yamwatse yita Ubunani.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 5 =

Previous Post

Hanze yahembwaga Miliyoni 8Frw aza gukorera ibihumbi 40Frw- FPR ibohoye u Rwanda ntawifuzaga kuguma ishyanga

Next Post

Ubwo imirwano yuburaga twari twavuganye na DRC tuyimenyesha ko hari ibiri gututumba- P.Kagame

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Ubwo imirwano yuburaga twari twavuganye na DRC tuyimenyesha ko hari ibiri gututumba- P.Kagame

Ubwo imirwano yuburaga twari twavuganye na DRC tuyimenyesha ko hari ibiri gututumba- P.Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.