Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

radiotv10by radiotv10
09/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Murenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe, baravuga ko bahawe ubutaka na Leta ngo bakoreremo ubucukuzi bw’Amabuye yo kubakisha, ariko bagatungurwa no kumva ko Akarere gashaka kuhaha undi mushoramari, ibyo bo bita itonesha, bagasaba ko bihagarikwa kuko abaturage bose bareshya.

Aba abaturage bo mu Murenge wa Nyamugari, bavuga ko bamaze imyaka itandatu bakorera muri ubwo butaka ubucukuzi bw’amabuye yo kubakisha bari baratijwe na Leta, baranateye ibiti ku nkengero zabwo.

Aba baturage banashinze Koperative bise CARIKIREHE, bavuga ko buri wese yagiye afata ahantu he akahakorera, ariko ko bamwe batangiye guhagarikwa gukoreramo.

Uwitwa Bizimana Jean Pierre yagize ati “Aha mpakoreye imyaka itandatu, ejobundi ku italiki ya 16 z’ukwezi kwa gatandatu icyangombwa cyanjye cyararangiye bahise bampagarika bahagarika n’imodoka kuza hano ngo ntizizongere kuzamo.”

Nigena Ismael avuga ko hari umushoramari waburanye n’ubuyobozi bw’Akarere, akabutsinda, none akaba agiye guhabwa ubu butaka bakoreragamo.

Ati “Baraza barapima bavuga ko ubutaka ari ubwa Leta ariko tukaba tubufiteho ibiti. Tukibaza ese niba baje kumuha ubutaka bwabo bwa Leta tukaba tubufiteho ibiti ko natwe byari bidufitiye umumaro kandi uwo umuntu bashaka kuhaha afite uburenganzira nk’ubwo dufite baza kumuha mu butaka dufitemo ibikorwa gute? Nta muturage uruta undi imbere y’amategeko.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo bakimenye kandi ko bagiye kugikurikirana kugira ngo kibonerwe umuti.

Yagize ati “Nanjye ubwanjye nagiyeyo ndahasura ndeba ibirimo n’ubu ndateganya muri ki cyumweru gusubirayo. Ibyo byose tuzabireba, igikuru cyo navuze ni ubutaka bwa Leta kandi hari icyo buba bwagenewe gukora, ariko ni na yo nzira turimo ducamo kugira ngo dukemure ibibazo by’abaturage bose.”

Aba baturage bakorera muri ubu butaka buri mu Mudugudu wa Karembo mu Kagari ka Kiyanzi mu Murenge wa Nyamugari, bavuga ko ntacyo Leta yabasabye kubukoreramo ngo kibananire, ku buryo byashingirwaho babwakwa.

Bizimana Jean Pierre avuga ko ari gukurwa mu butaka amaze imyaka itandatu akoreramo
Nigena Ismael na we ntabyumva
Ubutaka bakoreragamo ibikorwa byo gucukura amabuye yubakishwa
Bavuga ko ubuyobozi bukwiye guca inkoni izamba

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + three =

Previous Post

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

Next Post

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.