• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

radiotv10by radiotv10
08/07/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
1
DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru aturuka muri Gurupoma ya Waloa Loanda muri Teritwari ya Walikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, aravuga ko hakomeje kugaragara abantu bitwaje imbunda ziremereye, bikekwa ko ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR ufatanya n’igisirikare cya DRC.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD, avuga ko aba bantu bagaragaye mu gace ka Mishipo muri Lokarite ya Makungurano.

Nanone kandi amakuru avuga ko umujenerali uzwi ku izina rya Mudayonga ukomoka muri Teritwari ya Masisi, na we amaze iminsi ageze muri aka gace ka Mishipo mu minsi micye ishize, aho yaje aherekejwe n’abarwanyi be babarirwa mu ijana baje na bo bafite imbunda zirimo izoroheje n’iziremereye.

Kugeza ubu ntiharamenyekana ikigenza aba barwanyi n’intwaro bitwaje, gusa amakuru aturuka muri aka gace bakomeje kugaragaramo, avuga ko umuyobozi w’abagatuyemo, yabasabye kuhava.

Iki kinyamakuru kivuga ko ibi byazamuye ikibazo cy’umutekano mucye muri aka gace, ndetse ko byatumye abaturage bahatuye batangira guhungira mu bindi bice bihegereye.

Gikomeza kivuga ko kuva aba barwanyi bikekwa ko ari ab’umutwe wa FDLR, bagera muri aka gace, baherutse no kurasa urufaya rw’amasasu kugira ngo batere ubwoba abaturage, mu gihe ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bukomeje guhamagarira inzego zo hejuru kugira icyo zikora.

Ni mu gihe kandi mu bice binyuranye byo mu burasirazuba bwa DRC, hakomeje kuvugwa gukaza imbaraga ku ruhande rwa Leta ruhanganye n’Ihuriro AFC/M23, ahavugwa ko rukomeje kongera umubare w’abarwanyi ndetse n’intwaro.

Ibi bibaye nyuma y’igihe gito Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iy’u Rwanda zishyize umukono ku masezerano y’amahoro, anasaba ubutegetsi bwa Congo Kinshasa kwitandukanya n’umutwe wa FDLR no kuwurandura.

RADIOTV10

Comments 1

  1. ufa says:
    11 months ago

    I seriously love your website.. Great colors & theme. Did you
    make this amazing site yourself? Please reply back as I’m planning
    to create my own website and would love to learn where you got this from or just what the theme is named.
    Thanks!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − ten =

Previous Post

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Next Post

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk'itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.